BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi

Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi

admin
Last updated: August 4, 2022 2:53 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yemeje ko ibiganiro na rutahizamu Emmanuel Arnold Okwi, biri mu nzira nziza ariko ko atanagarutse bidakwiye kuba byacitse kuko atari kampala.

Emmanuel Okwi nanubu nta kipe arasinyira

Mu mwaka ushize w’imikino, umwe mu bakinnyi beza Kiyovu Sports yari ifite ndetse wanayifashije, ni rutahizamu Emmanuel Arnold Okwi ukomoka muri Uganda.

Ni umuinnyi wafashije iyi kipe mu mikino yayikiniye irimo uwo Kiyovu yatsinzemo APR FC ibitego 2-1.

Nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka yari yasinyiye iyi kipe yo ku Mumena, Okwi yasubiye iwabo muri Uganda ariko abashinzwe kumushakira akazi [agents] bo bakomeje kumushakira aho yajya gukina hatari mu Rwanda.

Aganira n’abanyamakuru, perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal, yameje ko hari ibiganiro n’uyu rutahizamu ngo agaruke muri iyi kipe kandi hari icyizere cyo kuba yayigarukamo.

Ati “Emmanuel Okwi yasoje amasezerano. Twamweretse ko tumwifuza. Ubu nta kipe afite, yajya mu ikipe ashaka yose yamuha byinshi. Twamuhaye offer yacu, nayishima azagaruka, kandi natanayishima tuzashaka n’abandi.”

Yongeyeho ati “Ariko turaganira kandi nta yindi kipe arasinyira. Mu gihe nta handi arasinya ibiganiro byacu nawe biracyahari kandi biragenda neza ndetse bigeze heza.”

Amakuru avuga ko uyu rutahizamu w’imyaka 29, yifuza kujya gukina ku mugabane wa Aziya ariko bitakunda akabanza gushaka ahandi bamuha ibyisumbuye ku byo Kiyovu Sports yamuhaga.

Okwi yakiniye amakipe arimo Simba SC, Yanga SC zo muri Tanzania, SCV Kampala, Étoile du Saleh, El Ittihad, SönderjyskE.

Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yemeje ko ibiganiro na Okwi biri kugenda neza ariko ko kumugumana bidakunze nta gikuba cyaba cyacitse
Okwi yari umwe mu bagenderwagaho muri Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?