BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Juvénal aracyari perezida wa Kiyovu; Ibyavuye mu nama ya Komite

Juvénal aracyari perezida wa Kiyovu; Ibyavuye mu nama ya Komite

admin
Last updated: December 28, 2022 12:03 pm
admin
Share
SHARE

Visi Perezida wa Mbere w’ikipe ya Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Regis [Général], yemeje ko Mvukiyehe Juvénal akiri umuyobozi w’iyi kipe nk’uko byari bisanzwe, bitandukanye n’ibyavuzwe.

Visi Perezida wa Mbere w’ikipe ya Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Regis [Général], yabwiye Abayovu ko nta byacitse ihari
Hashize iminsi havugwa byinshi mu ikipe ya Kiyovu Sports, birimo kugaruka ku butumwa bwa Mvukiyehe Juvénal uri mu biruhuko ku mugabane w’i Burayi.

Ibibazo bikomeje kuvugwa muri iyi kipe, biraturuka ku kuba hari abakunzi ba yo batifuza ko uyu muyobozi ayirekura, abandi bagahamya ko ikipe ari nini kuruta izina ry’umuntu umwe nka Mvukiyehe.

Aganira na shene ya YouTube ya Kiyovu Sports, Ndorimana yagarutse kuri bimwe mu byavuye mu nama ya Komite Nyobozi y’iyi kipe, ndetse yongera kwibutsa abakunzi ba yo ko ubuyobozi bwose bugihari.

Ati “Ntabwo uko bivugwa ari ko bimeze. Habayemo akantu nakwita ko ari akabazo ariko kadakanganye. Kuko ni imyanzuro izashyirwaho umukono, yamaze kuganirwaho. Ni ibintu nka Komite tugomba kuganiraho na Board ariko nta byacitse iri muri Kiyovu.”

Uyu muyobozi yakomeje yibutsa ko Juvénal agihari nka perezida wa Kiyovu, ndetse azakomeza inshingano ze nk’uko yari asanzwe afasha ikipe.

Ati “Perezida Juvénala arahari nka perezida wa Kiyovu, yagiye mu biruhuko n’umuryango we, ahari nka perezida wa Kiyovu. N’umukino duheruka gukina wa Marine FC barabivuze ko yagiye mu biruhuko.”

Général yatanze ihumure ku bakunzi b’iyi kipe yo ku Mumena, ababwira ko Mvukiyehe ntaho yagiye kandi nta bwoba bakwiye kugira.

Visi perezida yakuyeho igihugu ku bavuze ko Mvukiyehe yeguye avuga ko avuye muri Kiyovu, ahubwo hari ibyahindutse kandi byose bigamije gufasha iyi kipe.

Ati “Ntabwo yeguye avuga ko avuye muri Kiyovu nk’uko bivugwa. Yavuze ko agiye muri Kiyovu Sports Kampanyi. Kuba yareguye muri Association ni ibintu byagombaga kuganirwaho bikeya kandi byaganiriweho ndetse biri mu murongo mwiza ko iyo Kampanyi igomba gutangira igakora. Azaza tariki 4 Mutarama 2023 binozwe.”

Ndorimana yakomeje avuga ko hari ibizashyirwaho umukono kugira ngo bisobanuke, kampanyi itangire ikore ariko Mvukiyehe we agihari nka perezida wa Kiyovu Sports.

Ati “Ni ibintu byoroshye ariko abantu batumvaga kimwe. Ariko ndakeka bamaze kubyumva kimwe, igisigaye ni ukubishyira mu nyandiko ubundi bigasinywa. Njye mbona kibazo kirimo.”

Kampanyi izayoborwa na Juvénal, izajya iha raporo komite nyobozi Kiyovu Sports Association nk’uko babyemeranyijeho.

Ati “Kiyovu Sports Kampanyi izatajya itanga raporo kuri Komite kandi ni yo twe turimo. Kampanyi kuba yakwigenga njye simbibonamo nk’ikibazo.”

Yongeye gutanga ihumure ku bakunzi b’Urucaca bafite impungenge z’ikipe yabo, abasaba kudaha agaciro ababayobya bababwira ibibaca intege bagamije kubacamo ibice bibiri.

Ibi biraza byiyongera ku byo Mvukiyehe Juvénal aherutse kubwira FINE FM mu kiganiro cya Siporo, avuga ko agihari kandi yiteguye gukomeza gushora imari muri Kiyovu Sports ndetse ko imodoka itwara iyi kipe igihari, bitandukanye n’ibyari byavuzwe ko uyu muyobozi azahita ayiha ASPOR FC bivugwa ko azayigura akayishoramo imari.

Mvukiyehe Juvénal azagaruka kuyobora Kiyovu Sports Kampanyi
Juvénal ari mu biruhuko i Burayi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?