BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Jenerali wo muri Congo afunzwe “azira kugambana n’u Rwanda”

Jenerali wo muri Congo afunzwe “azira kugambana n’u Rwanda”

admin
Last updated: September 24, 2022 4:17 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Antoine Felix Tshisekedi yatangaje ko Lieutenant-General Philémon Yav Irung,  wari ukuriye ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo, “aregwa kugambana n’u Rwanda.”

Perezida Antoine Felix Tshisekedi ubwo yaganiraga na France 23

Mu kiganiro yahaye France 24, Perezida wa Congo yabajijwe ibibazo birimo n’ifungwa ry’uriya Jenerali.

Yagize ati “Philimon Yav, ikibazo cye cyangezeho ndi hanze, ariko bagenzi be bamushinja ko yabahamagaye mu izina ry’u Rwanda, kugira ngo bava mu nzira borohereze M23 gufata Umujyi wa Goma zitarwanye.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko abakora iperereza barikomeje, ko azabimenya neza nagera mu gihugu.

#RDC🇨🇩: Le Président Félix Tshisekedi sur le lieutenant – général Philemon Yav accusé d’avoir été contacté « pour le compte du Rwanda » afin de « lever le pied et permettre au #M23 de passer aisément et de prendre la ville de Goma ». pic.twitter.com/EFG5BEeXBx

— Pascal Mulegwa (@pascal_mulegwa) September 23, 2022

Amakuru yari yatangajwe mbere na RFI ku ifungwa, rya Gen Yav, yavugaga ko yatawe muri yombi akekwaho ubugambanyi no gushaka guhirika ubutegetsi.

Uyu Jenerali afungiye muri Gereza nkuru ya Makala i Kinshasa.

Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 19 Nzeri, 2022 nibwo yatawe muri yombi, akekwaho ubugambanyi n’umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida Antoine Felix Tshisekedi.

Lt Gen YAV kandi akekwaho urupfu rwa Brig Gen Ghislain Tshinkobo Mulamba wishwe n’uburozi.

Kugeza ubu u Rwanda ntacyo ruratangaza kuri ibi birego bigo bishya, niba koko harabayeho kuvugana n’uyu Jenerali ufunzwe.

 

Igisirikare cya Congo kirajegajega…..

Muri iki kiganiro gishya, Perezida Felix Tshisekedi yabajijwe uko igisirikare cye gihagaze, nyuma yaho kinaniwe guhangana n’inyeshyamba zirimo na M23, Congo ikaba yari yambaje MONUSCO, ndetse ubu hakaba havugwa ingabo zo mu bihugu by’akarere zizajya gufasha kiriya gihugu.

Yavuze ko ikibazo kiri mu gisirikare cya Congo kimaze igihe kirekire, ku buryo kitakemuka mu gihe gito.

Ati “Ntabwo ukemura ikibazo nk’icyo mu gihe gito. Izo ngabo zirimo uruvange, izahoze ari iza Zaire, Kadogo n’imitwe y’inyeshyamba zavanzwe. Ni ikintu kimwe kigizwe n’ibintu byinshi.

Hari aba-ofisiye bacyumvira… ariko mfite icyizere ni akazi k’igihe kirekire, hari itegeko rigenga igisirikare rizadufasha mu byo twakora bikenewe, n’ubwitonzi ku kazi kabo, no kureba uzasigaramo n’undi wajya ahandi agakora ibindi.

Ni akazi k’igihe kirekire tuzafashwa n’ibihugu by’inshuti kugira ngo bigerweho, ariko hari abandi barimo (mu gisirikare cy’ubu) bakwiye gushimirwa.”

Perezida Felix Tshisekedi yavuze no ku ngabo z’Akarere zizafasha iza Congo kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Avuga ko ingabo za Kenya zizajya i Bunagana, kaba yizeye ko zizisubiza uwo mujyi umaze amaze hafi ane ugenzurwa na M23.

Jenerali washatse guhirika Perezida Tshisekedi ku butegetsi arafunzwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    September 25, 2022 at 4:53 pm

    Ariko umenya iyo hatavuzwemo u Rwanda ikiganiro kitabona abacyitabira??? Cyabitama rwose uzi gukina filimi kabisa! Ubu se uwashaka gufata Goma yawe byamusaba amasaha angahe koko? Harya ngo uwo jenerali yavuganye kuri fone n’umuntu uvuga ikinyarwanda?? Arakizi se?

    Reply
  • mahoro jack says:
    September 25, 2022 at 4:53 pm

    Ariko umenya iyo hatavuzwemo u Rwanda ikiganiro kitabona abacyitabira??? Cyabitama rwose uzi gukina filimi kabisa! Ubu se uwashaka gufata Goma yawe byamusaba amasaha angahe koko? Harya ngo uwo jenerali yavuganye kuri fone n’umuntu uvuga ikinyarwanda?? Arakizi se?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Mu mahanga

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

3 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?