BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > James na Daniella batumiwe mu gitaramo gisoza umwaka i Burundi

James na Daniella batumiwe mu gitaramo gisoza umwaka i Burundi

admin
Last updated: November 12, 2022 7:22 am
admin
Share
SHARE

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, James na Daniella bategerejwe mu gitaramo gikomeye gisoza umwaka mu Burundi cy’Itsinda rya Redemption Voice, rizanamurikamo album bise “Yangiriye Neza”.

James na Daniella bategerejwe i Burundi

Ni igitaramo giteganyijwe kuba tariki ya 23 Ukuboza 2022, aho kizitabirwa n’abahanzi bakomeye b’indirimbo zihimbaza Imana mu gihugu cy’abaturanyi.

James na Daniella bakaba bari mu bahanzi bakomeye batumiwe gutaramira Abarundi, aho bazhimbaza Imana mu gusoza umwaka ndetse no kumurika umuzingo w’indirimbo z’Itsinda tya Redemption Voice, zimwe mu zikunzwe mu Burundi.

Aristide Gahunzire, wamamaye mu gufasha abahanzi , akaba ari umuyobozi wa Rwanda Gospel Stars Live, yabwiye UMUSEKE ko biciye mu mikoranire afitanye n’abari gutegura iki gitaramo, yasabye ko James na Daniella baririmba muri iki gitaramo.

Yagize ati “Ni igitaramo kiri gutegurwa cya Redemption Voice y’i Burundi, aho kiri gutegurwa na kompanyi yaho yitwa Blue Harmony, rero hari uburyo dusanzwe dukorana ari naho nahise mbasaba ko James na Daniella bazaririmbamo. Ni igitaramo gisoza umwaka ariko iri tsinda rikazanamurikiramo album yayo yise Yangiriye Neza.”

Iki gitaramo kiswe “Yangiriye Neza Concert” kizabera mu busitani buzwi nka “Jardin Public” i Bujumbura mu Burundi, itike isanzwe yo kwinjira ikaza ari ibihumbi 10 y’amarundi.

James na Daniella ni abahanzi bakunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, bakoze indirimbo nyinshi zakunzwe harimo niyo baheruka gusohora bakoranye na Israel Mbonyi bise “Yongeye Guca Akanzu”.

James na Daniella bigaruriye imitima ya benshi, basanzwe ari umugabo n’umugore. Muri Werurwe 2020 bakoreye igitaramo cyahuruje imbaga muri BK Kigali Arena cyiswe “Mpa Amavuta”, aho banamurikiye album yabo ya mbere “Mpa Amavuta”.

Urukundo rw’aba bombi rwatangiye gututumba za 2008 na 2009, mu 2015 nibwo babaye umuryango.

Redemption Voice bazamurika album yabo nshya
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Dr Claude yabitswe ari muzima

1 Min Read
Imyidagaduro

Umunyamakuru wa Radio/TV 10 Taikun Ndahiro yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?