BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Jado Kelly yahuje imbaraga na Gaby Kamanzi mu ndirimbo nshya “Yahweh”- VIDEO

Jado Kelly yahuje imbaraga na Gaby Kamanzi mu ndirimbo nshya “Yahweh”- VIDEO

admin
Last updated: December 29, 2022 7:25 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi uhimbaza Imana Jado Kelly yahuje imbaraga na Gaby Kamanzi basohora indirimbo bise “Yahweh” ihumuriza abantu baca mu bikomeye ko Uwiteka ari mu ruhande rwabo.

Jado Kelly na Gaby Kamanzi uri mu bahanzi bahagaze neza mu muziki uhimbaza Imana

Jado Kelly utuye mu Bufaransa yasohoye iyi ndirimbo nyuma y’iminsi akoze iyitwa “God with us” igaruka ku mirimo itangaje Yesu akora ku buzima bw’abizera.

Ni indirimbo yakorewe mu gihugu cy’u Bufaransa nyuma y’igihe kirekire aba bombi bifuje kwerekana ubwiza bwa Kristo ko ari umucyo n’ubugingo.

Jado Kelly yabwiye UMUSEKE ko yanditse “Yahweh” ari mu kanya ko kuramya Imana asabana na mwuka wera.

Ati ” Ntekereza ibikorwa bikomeye yakoze, ukuza mw’Isi kwa Yesu Kristo, ugupfa no kuzuka kwe, bituma numva Uhoraho ahambaye akwiriye guhimbazwa ibihe n’ibihe.”

Yavuze ko mu gukora iyi ndirimbo bifuzaga guhembura abafite imitima ihagaze ko mu Mana ariho abantu bakura gutuza no gutekana n’iyo baba bakikijwe n’ibigeragezo.

Ati “Ihembura imitima yabihebye ikabaha ihumure, yomora ibikomere by’imitima yihebye igatanga amahoro, twumvaga twifuza ubutumwa butanga ibyiringiro mu mitima.”

Jado Kelly yahisemo gukorana na Gaby Kamanzi kuko ari umuramyi w’icyitegererezo ukorera Imana aciye bugufi.

Ati” Mbere y’uko duhurira i Burayi twabanje gupanga gukorana indirimbo ariko dutegereza igihe gikwiriye igihe gishyitse aza mu Bufaransa, nibwo twabishyize mu bikorwa.”

“Yahweh’’ yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Producer Bilgate Mulumba wa Gates Sound mu gihe video yakozwe na JP Classic muri Umuco Art.

Reba hano indirimbo Yahweh ya Jado Kelly ft Gaby Kamanzi

Jado Kelly ari gutegura album bikunze izamurikwa umwaka utaha
Indirimbo yaba bombi ikomeje kwishimirwa binyuze ku mbuga nkoranyambaga


NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?