BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 28, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

admin
Last updated: February 28, 2026 9:40 am
admin
Share
SHARE

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi umunani ibihugu byombi bihagaritse intambara yabihanganishije iminsi 12.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Iran birimo televiziyo y’igihugu, byatangaje ko mu Mujyi rwagati wa Tehran humvikanye ibisasu bitatu bikekwa ko ari misile, kandi ngo byarashwe ahahurira abantu benshi.

BBC yatangaje ko yabonye amafoto ya mbere agaragaza umwotsi mwinshi uri kuzamuka mu kirere cyo ku mbuga ngari ya Jomhouri n’iya Hassan Abad muri Tehran.

Muri aka kanya, hirya no hino muri Israel hari kumvikana impuruza, aho abaturage bose bari gusabwa kwegera ibice byabugenewe bitekanye, kuko bishoboka ko misile zishobora kuraswa muri iki gihugu mu kanya kari imbere.

Yagize ati “Iyi ni impuruza yo guteguza abantu ko misile zishobora kuraswa muri Israel. IDF irasaba abaturage kuguma hafi y’ibice bitekanye.”

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko iki gitero kigamije gukumira akaga kashoboraga kugwira igihugu cyabo gatewe na Iran, kandi ko nyuma yo kukigaba, igihugu cyose cyashyizwe mu bihe bidasanzwe.

Muri Kamena 2025, ingabo za Israel zagabye ibitero by’indege i Tehran byahitanye abayobozi benshi mu gisirikare cya Iran, isobanura ko igamije kuburizamo umugambi wo gukora intwaro zigamije kurimbura Abisirayeli.

Mu burakari bwinshi, Iran na yo yarashe ibisasu byinshi mu mijyi y’ingenzi ya Israel, ubuyobozi bwayo buyobowe na Ayatollah Al Khamenei busobanura ko bushaka gutanga isomo rikomeye.

Tariki ya 22 Kamena, ingabo za Amerika na zo zagabye igitero gikomeye muri Iran cyiswe ‘Midnight Hammer’ cyari kigamije gusenya ibikorwaremezo bya ‘nucléaire’ birimo ibyo muri Natanz, Isfahan na Fodow.

Intambara ya Israel na Iran yahagaze nyuma y’iminsi 12 ibihugu byombi birasanaho ibisasu biremereye. Icyo gihe Amerika yasabye Iran guhagarika gahunda yo gukora intwaro kirimbuzi, bitaba ibyo ikazongera guterwa.

Kuva icyo gihe, Amerika na Iran byatangiye ibiganiro bigamije gukemura amakimbirane ashingiye ku mushinga wa nucléaire, ariko Iran igaragaza ko idashobora guhagarika gutunganya izi ngufu kuko ngo ishaka kuzifashisha mu bikorwa bya gisivili.

Ku tariki ya 27 Gashyantare 2026, Perezida Donald Trump wa Amerika yatangaje ko atishimiye uko ibiganiro biri kugenda ariko ko azongerera Iran igihe cyo kwitekerezaho, yongeraho ko gahunda yo kugaba ibitero i Tehran igitekerezwaho.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
Amerika

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?