BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ishyaka rya Green Party ryatoye abarihagarariye i Nyaruguru

Ishyaka rya Green Party ryatoye abarihagarariye i Nyaruguru

admin
Last updated: December 19, 2022 6:46 am
admin
Share
SHARE
Abarwanashya b’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) ryatoye abariyoboye kugeza no ku rubyiruko.

Abarwanashyaka ba DGPR basabwe gutinyuka

Hari hasanzwe abayobozi ku rwego rw’Igihugu, intara, kuri iyi nshuro urwego rw’akarere narwo rwatekerejweho mu karere ka Nyaruguru kimwe n’utundi turere hatowe abayoboye Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda).

Abahagarariye abandi batowe ni abayoboye Ishyaka ku rwego rw’akarere, hatorwa abahagarariye abagore n’urubyiruko.

Gustave Habimana watorewe Kuyobora Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ku rwego rw’akarere yavuze ko ubu icyo agiye gushyira imbere ari ugutanga ibitekerezo.

Yagize ati“Umutwe umwe ntiwigira inama ubu dushyize imbere gukomeza gutanga ibitekerezo byo kubaka u Rwanda kuko ubu tunamaze kubona umurongo ufatika kandi tunamaze kwaguka.”

Aline Tuyisenge watowe nk’umwungiriza yavuze ko gushishikariza abagore gutinyuka aribyo agiye gushyira imbere.

Ati“Ngomba gushishikariza igitsina gore gutinyuka bakaba bagira ibyo bakora babonaga basaza babo bakora nabo bakumva ko babishobora kandi bakabikora neza.”

Jacqueline Masozera umubitsi mukuru mw’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) yibutsa abatowe gukora politiki nziza.

Ati“Abarwanashya bacu turabasaba kudatinya n’ubwo ari ishyaka ritavuga rumwe n’ubutugetsi ariko si ishyaka rirwanya leta ahubwo twese dutahiriza umugozi umwe batinyuke bakore politiki nzima izira amacakubiri kandi baharanire kubaka igihugu bakoresheje amahirwe igihugu kibaha.”

Abatowe bahagaririye abandi mu karere ka Nyaruguru bose hamwe ni 33, Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda rivuga ko rifite gahunda yo kuzenguruka igihugu cyose bashyiraho izi komite zihagarariye abandi.

Habayeho igikorwa cyo gutora abahagarariye abandi
Umubitsi mukuru mw’ishyaka rya DGPR yasabye abarwanashyaka gukora politiki nziza

THEOGENE NSHIMIYIMANA / UMUSEKE.RW i Nyaruguru

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?