BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

sam
Last updated: June 30, 2025 9:54 am
sam
Share
SHARE

Iran yagaragaje ko ikeneye kumenya niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitazongera kuyirasaho, mbere y’uko impande zombi zisubukura ibiganiro bijyanye n’intwaro kirimbuzi.

Tariki ya 22 Kamena 2025, Amerika yagabye igitero gikomeye ku kigo cya Fordow, Natanz na Isfahan bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire, isobanura ko yari igamije kubisenya burundu.

Iki gitero cyiyongereye ku byo Israel yari imaze iminsi 10 igaba ku bikorwaremezo bitandukanye bya Iran birimo ibigo bya nucléaire no ku nganda zikora intwaro ziremereye.

Nyuma y’aho tariki ya 24 Kamena Perezida Trump wa Amerika atangaje ko Iran na Israel byemeye guhana agahenge, igihugu cye cyagaragaje ko gishaka gusubira mu biganiro na Iran.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Iran, Majid Takht-Ravanchi, yatangaje ko mu cyumweru gishize ari bwo Amerika yamenyesheje Guverinoma yabo ko ishaka ko ibiganiro bisubukurwa, ariko ngo ntiyasobanuye niba itazongera kurasa iwabo.

Yagize ati “Ubu ngubu turi gushaka igisubizo cy’iki kibazo. Ese tuzongera kubona ubushotoranyi bwikurikiranya mu gihe tuzaba dukomeje ibiganiro? [Amerika] ikwiye gutanga umucyo kuri iki kibazo cy’ingenzi.”

Yagaragaje ko kugira ngo Iran yemere kujya mu biganiro, Amerika ikwiye kuyigaragariza ikimenyetso cyatuma habaho ukwizerana.

Minisitiri Ravanchi yasobanuye ko ingufu za nucléaire Iran itunganya zigamije ibikorwa bidahungabanya umutekano, bityo ko ibirego by’abayishinja umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi nta shingiro bifite.

Yemeje ko mu biganiro bizahuza Iran na Amerika, ikizaganirwaho ari igipimo cya Uranium izajya itunganywa, ariko ko gusaba igihugu guhagarika kuyitunganya burundu byo bidashoboka.

Ati “Igipimo cyaganirwaho, ubushobozi bwaganirwaho ariko kuvuga ko udakwiye kuyitunganya, wabyanga tukakurasaho, iryo ni itegeko ryo mu ishyamba.”

Ibiganiro bya Amerika na Iran kuri nucléaire byatangiye muri Mata 2025. Oman ni yo yabaye umuhuza w’impande zombi.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

1 Min Read
Amerika

Syria iri mu byishimo byo gukurirwaho ibihano by’ubukungu

1 Min Read
Amerika

Iran yari yivuganye uwahoze ari Umunyamabanga wa Amerika

1 Min Read
Amerika

Iran yemeje ko ibikorwaremezo bya nucléaire byayo byarashweho bikangirika bikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?