Abarwanyi b’umutwe wa M23 bigaruriye uduce dukomeye twa Ngululu na Ndete, muri Nyamaboko ya mbere, nyuma y’imirwano yabahuje na Wazalendo basanzwe bafasha leta Kurwanya uyu mutwe .
Iyi midugudu yombi yigaruriwe ku mugoroba wo ku wa mbere, 28 Nyakanga, nyuma y’imirwano ikaze.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko inyeshyamba zateye ibirindiro bya Wazalendo muri iyi midugudu yombi, nyuma yuko AFC / M23 ifashe Mulema mu cyumweru gishize.
Abatuye muri iyo midugudu yombi bari bamaze guta amazu yabo mbere yuko inyeshyamba zihagera.
Amakuru avuga ko bamwe mu bazalendo bahunze berekeza mu itsinda rya Waloa Yungu, mu gace ka Walikale, abandi bahungira mu bihuru.
Iyi mirwano ikomeje kuba nyuma y’uko hasinywe Itangazo ry’amahame i Doha, muri Qatar, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na guverinoma ya Kongo igamije guhagarika intambara iri mu burasirazuba bwa DRC.