BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

Inteko ya Amerika yasabye Tshisekedi kutarenza manda yemerewe

sam
Last updated: July 11, 2025 8:45 am
sam
Share
SHARE

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoye umwanzuro usaba Félix Tshisekedi kutarenza manda yemerewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu ni umwe mu myanzuro abagize Inteko ya Amerika babona ko ishobora gufasha Leta ya RDC kugarura amahoro no kwimakaza ubwiyunge hagati y’Abanye-Congo n’ihame rya demokarasi.

Bagize bati “Duhamagariye Leta ya RDC kurwanya ruswa yaganje, ikanashyiraho imiyoborere n’inzego nyubahirizategeko bikorera mu mucyo, byubahiriza inshingano, inakubahiriza manda ziteganywa mu Itegeko Nshinga rya RDC.”

Abagize Inteko ya Amerika basabye Leta ya RDC guhana abantu bose barya ruswa n’abanyereza umutungo, ibituma iterambere n’ishoramari bidindira, bigahungabanya gahunda y’amahoro.

Nk’uko bigaragara muri kopi y’iyi myanzuro, banashyigikiye ibiganiro bihuza Abanye-Congo bose byateguwe na Kiliziya Gatolika ndetse n’itorero Angilikani, bashimangira ko bishobora kuzana amahoro.

Bashimangiye ko ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro yose ikorera muri RDC bugomba guhagarara, abayikoreramo bakoze ibyaha bagahanwa. Mu mitwe yatunzwe urutoki harimo FDLR ndetse na ADF.

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, Moïse Katumbi, yagaragaje ko yishimiye iyi myanzuro, cyane cyane ku kuba Perezida Tshisekedi adakwiye kurenza manda ebyiri yemerewe n’Itegeko Nshinga.

Katumbi yagize ati “Uyu mwanzuro urasobanutse cyane: Nta manda ya gatatu Perezida wa Repubulika yemerewe, uko yaba ameze kose, Itegeko Nshinga rigomba kubahirizwa.”

Uyu munyapolitiki yashimye Inteko ya Amerika, agaragaza ko yatanze ubutumwa bukomeye bwo gushyigikira Abanye-Congo, ati “Uyu munsi, birenze ibindi bihe, Amerika iri kumwe n’Abanyee-Congo.”

Mu mpera za 2024, abayobozi bakuru b’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa RDC batangiye ubukangurambaga bugamije gusaba abaturage gushyigikira ko Perezida Tshisekedi yaguma ku butegetsi na nyuma ya manda ya kabiri izarangira mu 2028.

Aba bayobozi barimo Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, basobanura ko Tshisekedi akeneye igihe gihagije kugira ngo asubize RDC ku murongo muzima, kandi ko abaye agumye ku butegetsi, igihugu cye cyagira igitinyiro.

Tshisekedi yazengurutse intara zitandukanye za RDC, asobanurira abaturage ko Itegeko Inshinga rigomba guhinduka ariko Katumbi, Martin Fayulu n’abandi banyapolitiki baramwamaganye, bamusaba kudakora kuri iri tegeko.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira…

RDF yashimiye abasirikare batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye ku basirikare bageze ku myaka y’ikiruhuko…

Inyeshyamba za AFC / M23 zikomeje kwigarurira aduce muri teritwari ya Masisi, mu majyaruguru ya Kivu.

Abarwanyi b'umutwe wa M23 bigaruriye uduce dukomeye twa Ngululu na Ndete, muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?