BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ingabo z’u Rwanda si izo kujya mu ntambara – Perezida Kagame

Ingabo z’u Rwanda si izo kujya mu ntambara – Perezida Kagame

admin
Last updated: November 4, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame, umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasoje amasomo ya gisirikare ashimangira ko inshingano ari ukurinda umutekano w’igihugu, n’amajyambere y’abagituye.

Perezida Kagame yabwiye abasoje amasomo ya gisirikare ko ubumenyi ari ingenzi

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 04 Ukwakira 2022, abasore n’inkumi 568 basoje amasomo ya gisirikare mu Rwanda n’abandi 24 bize hanze barimo n’umuhungu wa Perezida Kagame, barahiriraga kwinjira mu ngabo z’u Rwanda (RDF).

Abasoje amasomo bahawe  ipeti rya Sous Lieutenant na Perezida Paul Kagame, Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.

Mu butumwa yatanze, Umukuru w’Igihugu yabanje gushimira imiryango yemereye abana babo kugana aya amasomo, ashimangira ko ari amahitamo meza.

Umukuru w’Igihugu yabibukije ko baje  gucungira umutekano abaturage ndetse n’amajyambere yabo atari mu ntambara.

Yagize ati ”Ntabwo dutangirira kumva ko ingabo z’Igihugu muri uyu mwuga, ari izo kurwana intambara, ibyo biza hanyuma. Ubundi icyo zishinzwe ni ukurinda umutekano, ni ukurinda amajyambere. Iyo ibyo bihungabanyijwe n’intambara, ubwo nibwo ibyo bindi biza. Bitandukanye no kubaka ingabo mu buryo zishoza intambara, ntabwo ari byo.”

Yakomeje agira ati “Abaza mu ngabo z’u Rwanda bakwiye kumva ko baje ahantu hatanga ubumenyi butandukanye harimo n’ibyo kurinda igihugu, mu byo twubaka. Ndetse ubwo bumenyi bukoreshwa aho ari ho hose, bukoresha mu Rwanda, bukaba bwakoreshwa no hanze dufatanyije n’ibihugu byinshi ku byo baba bifuza kugeraho, twifuza kugeraho, tugafatanya kugira ngo babigereho.”

Perezida Kagame yavuze ko ubumenyi abiga igisirikare bahabwa, nabwo ari ingenzi no ku rugamba kuko basabwa kubukoresha.

Yagize ati “Intambara na yo kuyirwana bishaka ubumenyi, ugomba kumenya. Guhera ku mutima wo gushaka gutsindira ibyawe, kurwanira igihugu cyawe, kurwanira uburenganzira bwawe, hanyuma ibindi bigakurikira.”

Perezida wa Repubulika yasabye abasoje aya masomo ya gisirikare kurangwa n’ikinyabupfura mu muryango nyarwanda.

Mu bahawe ipeti rya Sous Lieutenant barimo 475 bamaze umwaka umwe biga amasomo ya gisirikare. Aba binjira mu ishuri rya gisirikare nyuma yo kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Harimo kandi 93 bamaze imyaka ine mu masomo, binjiye mu ishuri rya gisirikare basoje amashuri yisumbuye.

Ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, bigishwa amasomo asanzwe bakongeraho n’aya gisirikare, basoza bafite icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Harimo kandi 24 binjiye mu ngabo z’u Rwanda nyuma yo gusoza amasomo ya gisirikare mu bihugu bifitanye ubufatanye mu bya gisirikare n’u Rwanda.

Abanyeshuri bize mu mahanga binjiye muri RDF bize mu bihugu birindwi birimo u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Uburusiya, Qatar, Sri Lanka, Kenya n’u Butaliyani.

Kuva mu 2015 Ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, ishuri rya gisirikare rya Gako  ryatangiye kwigisha amasomo y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu masomo arimo Ubuvuzi rusange, Engineering, Ubumenyi mu bya gisirikare (Social and Military Science).

Mu 2022, hongewemo andi mashami ane ari yo Imibare, Ubugenge, Ibinyabuzima n’Ubutabire. Ndetse mu gihe cya vuba umuyobozi w’ishuri yavuze ko bateganya gufungura andi mashami.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?