BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zifatanyije n’abaturage mu muganda

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zifatanyije n’abaturage mu muganda

sam
Last updated: June 28, 2025 6:59 pm
sam
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Santrafurika ku masezerano hagati y’ibihugu byombi, kuri uyu wa Gatandatu zakoze umuganda mu mujyi wa Bangui.

Ni umuganda wahuje abaturage n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Rokosse Kamot n’umuyobozi w’Akarere ka Bimbo, Madamu Dorthea Mbokani.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Rokosse Kamot yashimiye abitabiriye uyu muganda kubera ubwitange n’inkunga ikomeye batanze. Yashimiye kandi byimazeyo Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare muri iki gikorwa, avuga ko gahunda nk’izo ziteza imbere ubumwe mu baturage ba Santrafurika.

Umuyobozi w’Akarere ka Bimbo, Madam Mbokani, yashimye Ingabo z’u Rwanda ku bwitange budacogora zigaragaza mu guharanira amahoro, umutekano, n’iterambere.

Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika ku masezerano y’ibihugu byombi, Col Alex Nsengiyumva yagaragaje akamaro k’umuganda nk’umuco gakondo w’Abanyarwanda mu guteza imbere ubumwe, kugira inshingano n’ubufatanye hagati y’ingabo n’abaturage.

Yasabye abaturage batuye mu Mujyi wa Bangui, kujya bitabira umuganda nk’igisubizo gifatika mu kubungabunga ibidukikije, kugira isuku n’umutekano

Ingabo z’u Rwanda zahageze muri Santrafurika ubwo iki gihugu cyari cyugarijwe n’intambara mu mwaka wa 2020, zikaba zaraje zihasanga izindi ngabo zo mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye zo zihari kuva muri 2014.

Uretse ibikorwa byo kugarura amahoro Kandi zinakora ibikorwa by’ubuvuzi ku baturage .

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yashinjije ihuriro ry’ingabo za Kinshasa ubwicanyi ku baturage bane muri Kivu y’Amajyepfo

1 Min Read
Umutekano

Kigali: Abarenga 20 bafungiwe ubujura no kubangamira umutekano

1 Min Read
Umutekano

DRC: Imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC ishobora kubura vuba 

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 igiye gutanga ishusho y’ibiganiro imazemo iminsi n’ubutegetsi bwa Kinsasha i Doha

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?