BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo z’u Burundi zigambye kwirukansa imitwe y’inyeshyamba muri Congo

Ingabo z’u Burundi zigambye kwirukansa imitwe y’inyeshyamba muri Congo

admin
Last updated: August 27, 2022 7:18 pm
admin
Share
SHARE

Igisirikare cy’u Burundi cyigambye kwirukansa kibuno mpa amaguru imitwe y’inyeshyamba yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ingabo z’u Burundi ziri muri Congo zivuga ko ku bufatanye na FARDC ibikorwa bya gisirikare barimo bihagaze neza

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatanu, Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo mu Burundi, Colonel Floribert Biyereke yavuze ko ibikorwa ingabo z’u Burundi zoherejwemo byo kugarura amahoro n’umutekano muri Congo birimo bigenda neza.

Yavuze ko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’iza Congo ziri kwitwara neza muri Operasiyo bahuriyeho, ngo aho bageze inyeshyamba zikizwa n’amaguru.

Yagize ati “Muri iki gihe igikorwa cyo kurwanya abagizi ba nabi kiri kugenda neza, iyo mitwe ibonye izo ngabo zikorera hamwe ikizwa n’amaguru.”

Colonel Biyereke yasabye abarundi n’amahanga kudatega amatwi amakuru y’ibinyoma ku ngabo z’u Burundi zoherejwe mu bikorwa bigamije kugarura amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Avuga ko abakwiza ayo makuru y’ibinyoma bagamije gutera ingabo mu bitugu imitwe y’inyeshyamba yayogoje Uburasirazuba bwa Congo.

Yagize ati “Dusaba abaturage n’amahanga kudatega amatwi amakuru acishwa ku binyamakuru bimwe bimwe n’amakuru ku mbuga nkoranyambaga n’amashyirahamwe bitanga inkuru z’ibinyoma ku byerekeye ibikorwa bya gisirikare birimo bibera muri Congo.”

Mu bihe bitandukanye, Ingabo z’u Burundi zinjiye muri Congo rwihishwa guhangana n’imitwe irwanya u Burundi irangajwe imbere na RED Tabara ariko biba iby’ubusa.

Ku wa 15 Kanama 2022 nibwo abasirikare b’u Burundi binjiye byeruye muri RD Congo ku bwumvikane bw’ibihugu byombi, bahise biyunga kuri FARDC batangira ibikorwa byo guhangana n’imitwe yitwaje intwaro yazengereje abaturage muri Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru avuga ko ingabo z’u Burundi zamaze kugera no muri Kivu y’Amajyaruguru mu bikorwa byo guhangana n’umutwe wa M23 wabijije icyuya Leta ya Tshisekedi.

Uburundi nibwo buzatanga ibikenerwa byose ku basirikare babwo bari muri icyo gikorwa cyo kugarura amahoro.

Izi ngabo z’u Burundi zigendera ku mabwiriza y’Igisirikare cya Congo (FARDC), zifite inshingano zo guhashya imitwe yitwaje intwaro yaba iy’imbere mu gihugu n’iyo mu mahanga.

Izi ngabo zigambye kwirukansa kibuno mpa amaguru imitwe yitwaje intwaro muri Kivu y’Amajyepfo

NDEKEZI JOHNSON  / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
13 Comments
  • Mutwentisri says:
    August 27, 2022 at 9:11 pm

    Nizirukane na M23

    Reply
    • Anonymous says:
      August 27, 2022 at 10:39 pm

      Sinkeka ko abashingantahe ibya M23 bibaraje ishinga. Babishoboye baba batinyutse cyane.

      Reply
      • Deo says:
        August 28, 2022 at 6:15 am

        Ariko mubusanzwe ushobora kuba uri injiji. Ko M23 iri muri Nord Kivu hanyuma Abarundi bakaba barwanye Red Tabara iri muri Sud Kivu, ubwo iby’abarundi na M23 ubivanze gute kandi ntaho bihuriye? Subira mw’ishuri wige neza. Nimwebwe mwagiye mwimuka kandi mutatsinze. Kandi ubwo wasanga uri mwarimu? Aha!

        Reply
        • Ukuri says:
          August 28, 2022 at 8:30 am

          @Deo. Mwagiye mugenda buhoro mu kwigira intyoza mwita abandi injiji n’abaswa aliko nyuma ibyo mwanditse bikaza kugaragaza ko arimwe nka zabira. Ongera usome neza inkuru, nyuma usome nibyo wanditse ahasigaye wihe amanota. Check yourself before checking others

          Reply
  • Mutwentisri says:
    August 27, 2022 at 9:11 pm

    Nizirukane na M23

    Reply
    • Anonymous says:
      August 27, 2022 at 10:39 pm

      Sinkeka ko abashingantahe ibya M23 bibaraje ishinga. Babishoboye baba batinyutse cyane.

      Reply
  • Deo says:
    August 28, 2022 at 6:16 am

    Ariko mubusanzwe ushobora kuba uri injiji. Ko M23 iri muri Nord Kivu hanyuma Abarundi bakaba barwanya Red Tabara iri muri Sud Kivu, ubwo iby’abarundi na M23 ubivanze gute kandi ntaho bihuriye? Subira mw’ishuri wige neza. Nimwebwe mwagiye mwimuka kandi mutatsinze. Kandi ubwo wasanga uri mwarimu? Aha!

    Reply
    • Mayimayikongoma says:
      August 28, 2022 at 7:09 am

      Izo ntambara zabarundi zabereye he?
      Hapfuye/hakomeretse bangahe?
      Cyisecyedi ashobora kuba hari ubwenge yungutse

      Reply
      • Kalisa says:
        September 1, 2022 at 3:38 pm

        Abarundi barwana na M23 sha yaba ari ntambara nziza gusa uburundi ntibwakwiteza M23 kuko bahasebera cyane cyereka nibabona ibihugu byose bya karere byohereje ingabo nibwo babona kujyayo

        Reply
  • Deo says:
    August 28, 2022 at 6:16 am

    Ariko mubusanzwe ushobora kuba uri injiji. Ko M23 iri muri Nord Kivu hanyuma Abarundi bakaba barwanya Red Tabara iri muri Sud Kivu, ubwo iby’abarundi na M23 ubivanze gute kandi ntaho bihuriye? Subira mw’ishuri wige neza. Nimwebwe mwagiye mwimuka kandi mutatsinze. Kandi ubwo wasanga uri mwarimu? Aha!

    Reply
    • Mayimayikongoma says:
      August 28, 2022 at 7:09 am

      Izo ntambara zabarundi zabereye he?
      Hapfuye/hakomeretse bangahe?
      Cyisecyedi ashobora kuba hari ubwenge yungutse

      Reply
      • Kalisa says:
        September 1, 2022 at 3:38 pm

        Abarundi barwana na M23 sha yaba ari ntambara nziza gusa uburundi ntibwakwiteza M23 kuko bahasebera cyane cyereka nibabona ibihugu byose bya karere byohereje ingabo nibwo babona kujyayo

        Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?