BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Ingabo z’Amerika zataye muri yombi Perezida Maduro n’umufasha we

Ingabo z’Amerika zataye muri yombi Perezida Maduro n’umufasha we

admin
Last updated: January 3, 2026 2:07 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa USA yatangaje ko Ingabo ze zataye muri yombi perezida wa Venezuela n’umugore we mu gitero kidanzwe zagabye Caracas uyu munsi.

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2025, Ingabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika zagabye igitero kidasanzwe mu Gihugu cya Venezuela zigamije guta muri yombi perezida w’icyo gihugu, Nicolas Maduro n’umufasha we witwa Cilia Flores.

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko perezida Maduro yafashwe mu gitero kidanzwe kugira ngo aryozwe ibyaha birimo uruhare rukomeye mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse no gutiza umurindi ibikorwa by’iterabwoba.

Perezida Nicolas Maduro yari yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi ndetse hari harashyizweho ibihembo ku muntu washoboraga gutanga amakuru agaragaza aho uyu mugabo aherereye.

Leta ya Venezuela, yatangaje ko ibitero bitandukanye byagabwe na Leta y’Amerika, ari igikorwa kigayitse muri politike mpuzamahanga ndetse ko ibyo Amerika yakoze byari bikwiye guhangayikisha Isi yose kuko ibyo bitero byavogereye ubutaka bwa Venezuela ndetse ibyakozwe bifatwa nko gushimuta Umukuru w’Igihugu cyabo.

Perezida Nicolas Maduro w’imyaka 63, yagiye ku butegetsi muri 2013, nyuma yo gusimbura Hugo Chavez wari umaze gutabaruka. Nyuma yo kujya ku butegetsi Nicolas Maduro yagaragaje kutavuga rumwe n’Amerika ndetse mu matora yabaye umwaka ushize, yarangiye ashinjwa gukorera iyicwa ruboza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe no kwiba amajwi.

Muri icyo gitero Ingabo z’Amerika kandi zataye muri yombi n’umufasha wa Nicolas Maduro witwa Cilia Adela Flores Maduro washyingiranwe nawe muri 2013, uwo mugore wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Venezuela mbere yo kuba umufasha w’Umukuru w’Igihgu, ni umwe banyapolitike bakomeye muri Venezuela.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?