BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Ingabo z’Amerika zataye muri yombi Perezida Maduro n’umufasha we

Ingabo z’Amerika zataye muri yombi Perezida Maduro n’umufasha we

admin
Last updated: January 3, 2026 2:07 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa USA yatangaje ko Ingabo ze zataye muri yombi perezida wa Venezuela n’umugore we mu gitero kidanzwe zagabye Caracas uyu munsi.

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2025, Ingabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika zagabye igitero kidasanzwe mu Gihugu cya Venezuela zigamije guta muri yombi perezida w’icyo gihugu, Nicolas Maduro n’umufasha we witwa Cilia Flores.

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko perezida Maduro yafashwe mu gitero kidanzwe kugira ngo aryozwe ibyaha birimo uruhare rukomeye mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse no gutiza umurindi ibikorwa by’iterabwoba.

Perezida Nicolas Maduro yari yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi ndetse hari harashyizweho ibihembo ku muntu washoboraga gutanga amakuru agaragaza aho uyu mugabo aherereye.

Leta ya Venezuela, yatangaje ko ibitero bitandukanye byagabwe na Leta y’Amerika, ari igikorwa kigayitse muri politike mpuzamahanga ndetse ko ibyo Amerika yakoze byari bikwiye guhangayikisha Isi yose kuko ibyo bitero byavogereye ubutaka bwa Venezuela ndetse ibyakozwe bifatwa nko gushimuta Umukuru w’Igihugu cyabo.

Perezida Nicolas Maduro w’imyaka 63, yagiye ku butegetsi muri 2013, nyuma yo gusimbura Hugo Chavez wari umaze gutabaruka. Nyuma yo kujya ku butegetsi Nicolas Maduro yagaragaje kutavuga rumwe n’Amerika ndetse mu matora yabaye umwaka ushize, yarangiye ashinjwa gukorera iyicwa ruboza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe no kwiba amajwi.

Muri icyo gitero Ingabo z’Amerika kandi zataye muri yombi n’umufasha wa Nicolas Maduro witwa Cilia Adela Flores Maduro washyingiranwe nawe muri 2013, uwo mugore wabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Venezuela mbere yo kuba umufasha w’Umukuru w’Igihgu, ni umwe banyapolitike bakomeye muri Venezuela.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
Amerika

Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?