BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo za Uganda zivuganye abarwanyi 11 ba ADF

Ingabo za Uganda zivuganye abarwanyi 11 ba ADF

admin
Last updated: December 13, 2022 4:36 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo za leta ya Uganda, UPDF zishe abarwanyi 11 b’umutwe ukorera ku butaka bwa Congo urwanya leta wa ADF, abandi umunani bafatwa ari bazima.

Ingabo za Uganda zishe abarwanyi 11 ba ADF

Mu rukerere rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki 13 Ukuboza 2022, nibwo abarwanyi babarirwa hagati ya 20 na 30 ba ADF (Allied Democratic Forces) bagabye igitero ku butaka bwa Uganda, aho bambutse ku mupaka uhuza iki gihugu na Congo bavuye mu gace ka Boga.

Aba barwanyi ba ADF bakaba bagabye igitero mu gace ka Kyapa mu karere ka Ntoroko, aho bagabye iki gitero bambutse umugezi wa Semuliki, gusa abarwanyi 11 bahasize ubuzima, abandi 8 bafatwa ari bazima, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig. Gen Felix Kulayigye.

Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig. Gen Felix Kulayigye yavuze ko uretse aba barwanyi bishwe, hafashwe n’intwaro z’aba barwanyi, aho hafashwe imbunda 10 zo mu bwoko bwa SMG.

Aba barwanyi bagabye iki gitero bakaba bari hagati y’abantu 20 na 30, gusa baje guteshwa n’ingabo za Uganda, aho ingabo za UPDF zije abaturage umutekano urambye.

Nubwo ingabo za Uganda zitabitangaje harimo amakuru avuga ko aba barwanyi ba ADF hari abaturage bishwe, abandi barakomereka mu gihe abandi bahungiye mu gihugu cy’abaturanyi mu gace ka Fort Portal.

Aba barwanyi ba ADF bagabye iki gitero mu gihe ingabo za Uganda, UPDF  ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo guhashya uyu mutwe utavuga rumwe na Uganda, ibikorwa zifatanyije n’ingabo za leta ya Congo, FARDC.

Kuri uyu wa Mbere, nibwo ingabo za Uganda ziri muri Congo zatangaje ko zishe abarwanyi 30 bikekwako ari aba ADF bafatanyije n’ingabo za FARDC, aho biciwe mu gace ka Boga muri teritwari ya Ituri.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?