BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo za Congo zasakiranye n’ibyihebe bya ADF

Ingabo za Congo zasakiranye n’ibyihebe bya ADF

admin
Last updated: January 9, 2023 10:28 am
admin
Share
SHARE

Mu mirwano yabaye tariki 7 na 8 Mutarama 2023, hagati y’igisirikare cya Leta ya Congo, FARDC n’ibyihebe bya ADF, mu gace ka Luna Kabrique na Mambelenga ,muri Teritwari ya Ituri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaguyemo abantu bane abandi benshi barashimutwa.

FARDC yahanganye na ADF mu mirwano ikaze

Amakuru atangwa n’inzego z’ibanze zo muri Congo avuga ko igisirikare cya Congo, FARDC gifatanyije n’icya Uganda UPDF, bahanganye bikomeye mu gihe cy’iminsi itatu na ADF ku musozi wa Katabeyi na Ndalia mu Burasirazuba bwa Congo.

Amakuru avuga kandi ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, ADF ifatanyije na Mai Mai barwanye na FARDC mu gace ka Kabrique mu gice cy’Iburengerazuba, bica abaturage babiri n’umusirikare umwe abandi benshi barakomereka nk’uko umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu CRDH ubitangaza.

Abakomeretse bajyanywe kuvurizwa ku ivuriro riri Erengeti mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bukomeje kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro, aho kuri ubu habarizwa imitwe irenga 100.

Allied Democratic Movement, ADF yakozanyijeho na FRDC, ni umutwe urwanya Leta ya Uganda ariko ukorera mu mashyamba ya Congo.

Uharanira gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni kugira ngo ushyireho Leta igendera ku mahame ya Islam.

Uyu mutwe wavutse nyuma yo kwihuza kw’indi itandukanye irimo Allied Democratic Movement, National Army for the Liberation of Uganda (NALU) na Uganda Muslim Liberation Army.

TUYISHIMIRR RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?