BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Induru mu Rukiko! Prince Kid arekuwe, kuko ibyaha bitamuhama

Induru mu Rukiko! Prince Kid arekuwe, kuko ibyaha bitamuhama

admin
Last updated: December 2, 2022 1:41 pm
admin
Share
SHARE

Mu Rukiko Rwisumbuye rwa nyarugenge, icyemezo cy’Urukiko cyo kurekura ISHIMWE Dieudonne uzwi nka Prince Kid, gikurikiwe n’akamo, n’akaruru k’abishimiye ko abaye umwere, ku byaha yaregwaga byo gusambanya bamwe mu bitabiriye irushanwa yateguraga rya Miss Rwanda.

Mu iburanisha riheruka ubwo ISHIMWE Dieudonne yari mu Rukiko

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye guhanishwa igifungo cy’imyaka 16.

Kuri uyu wa Gatanu ni umunsi w’amateka kuri ISHIMWE Dieudonne, n’umuryango we. Umucamanza yavuze ko ibyavuzwe byose n’abatangabuhamya nta shingiro bifite.

Urukiko rwanavuze ko amajwi yafashwe ya Prince Kid ari gutereta Miss Muheto, nta cyaha kirimo.

 

Mu rukiko….

Kuri uyu wa Gatanu Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge nibwo rwasomye urubanza ruregwamo Ishimwe Diedonne wamenyekanye nka Prince Kid, rwasomwe n’umucamanza umwe n’umwanditsi w’Urukiko.

Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe mu cyumba cy’urukiko, yaba Prince Kid ndetse n’abanyamategeko be ntabwo bagaragaye.

Ishimwe Diedonne yaburanye yunganiwe na Me Emelyne Nyembo na Me Kayijuka Ngabo ndetse na Me Bahati Venuste.

Isomwa ryatangiye saa saba (13h00) zuzuye nk’uko Umucamanza yari yabitegetse. Mu cyumba cy’urukiko hari hakubise huzuye, higanjemo Abanyamakuru benshi ndetse n’abantu bo mu muryango wa Prince Kid.

Akivuga ko Ishimwe Dieudonne arekuwe mu cyumba cy’urukiko havugiyemo induru y’ibyishimo.

Umucamanza yavuze ko Ishimwe Diedonne Ubushinjacyaha bumucyekaho ibyaha bitatu, Icyaha cy’ishimishamubiri, Guhoza undi ku nkeke,  no Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Ibi byaha byose Prince Kid kuva yatangira kuburana arabihakana byose.

Mu kwiregura kwe Prince Kid yabwiye Urukiko ko nta hohotera na rimwe yakoreye abatangabuhamya nk’uko na bo babyihamirije mu nyandiko bakoze, bakayisinyira.

Prince Kid yakomeje abwira Urukiko ko abo batangabuhamya ubwabo ari bo biyemereye ko nta hohoterwa bakorewe.

Ubushinjacyaha bwahise bwaka ijambo Urukiko buvuga ko iyo nyandiko yakozwe na bamwe mu bakobwa bikekwa ko bahohotewe nubwo yakorewe imbere ya Noteri (Notaire), ko Urukiko rudakwiye kuyishingiraho kuko iyo nyandiko yakemanzwe.

Bigatuma abayibugwamo aribo Me Uwimana Nasira ndetse na Miss Iradukunda Elisa ko bamaze kuregerwa Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu mizi, bityo ko Urukiko iyo nyandiko rudakwiye kuyigenderaho.

Mu maburanisha yakurikiye yabereye mu muhezo, ariko Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko ISHIMWE Dieudonne nahamwa n’ibyaha yazakatirwa igifungo cy’imyaka 16.

Ubuhamya bwatanzwe mu rubanza rwa ba Miss “basambanyijwe” 

Amafoto: @NKUNDINEZA

UMUSEKE.RW
JEAN PAUL NKUNDINEZA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • agaciro peace says:
    December 2, 2022 at 3:21 pm

    Muri make sakirirego ye, icyaha gisumba ibindi, nuko yatinyutse gutereta Miss Muheto ???? Ni akumiro!

    Reply
  • Kwigira says:
    December 2, 2022 at 11:08 pm

    Hari nibindi dukwiye gukizwa ninkiko, ibihano Police ishyiraho kubera comment z’umukuru wigihugu nyamara ntategeko ABA yatanze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?