BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Indonesia: Abaminisitiri batanu birukanywe nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo abantu 10

Indonesia: Abaminisitiri batanu birukanywe nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo abantu 10

sam
Last updated: September 9, 2025 2:34 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Indonesia, Prabowo Subianto yirukanye bitunguranye Abaminisitiri batanu barimo; Minisitiri w’Imari, Sri Mulyani Indrawati, uw’Urubyiruko na Siporo n’abandi batatu nyuma y’imyigaragambyo iherutse yamaganaga Guverinoma.Ayo mavugurura ya Perezida Prabowo akurikiye imyigaragambyo yaguyemo abantu 10 aho abantu bagaragaje kutishimira ubutegetsi no kwamagana imyanzuro yo kongerera arenga ibihumbi 3 by’amadolari ku mishahara y’abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Abigaragambya bavuze ko ibyo ari ukubakandamiza no kubangamira ubukungu bw’igihugu.

Bigaragambije bamagana Guverinoma itita ku baturage bayo aho ubukene n’ubushomeri byugarije urubyiruko abandi bakaba bakora imirimo iciriritse idatuma babaho.

Imyigaragambyo yarushijeho gukaza umurego mu ntangiriro za Nzeri, yabereye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko mu Mujyi i Jakarta, no kuri za kaminuza zitandukanye yamagana iryo hohoterwa n’imishahara mike.

Yari yateguwe n’abanyeshuri n’ishyirahamwe ry’amakoperative y’abagore aho bigaragambirije mu bice bitandukanye bamagana iyicwa ry’umushoferi w’umucuruzi uherutse kwicwa n’inzego z’umutekano zimugonze.

Amashyirahamwe y’abanyeshuri ba kaminuza yemeje ko polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso n’amasasu mu bigaragambya mu rwego rwo kubatatanya.

Minisitiri w’Ubukungu, Airlangga Hartarto yatangaje ko abantu 8 ari bo baguye muri iyo myigaragambyo kuva mu mpera za Kanama mu gihe Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu yatangaje ko yaguyemo abantu 10 mu gihe abarenga 20 baburiwe irengero.

Perezida wa Indonesia, Prabowo Subianto akomeje guhura n’ibibazo by’ihungabana ry’ubukungu, kwangwa n’abaturage n’ibindi bibazo byugarije igihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?