BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

admin
Last updated: November 17, 2025 1:14 pm
admin
Share
SHARE

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye abacukuraga amabuye y’agaciro mu gace ka i Kalondo, yakoreye impanuka ku kibuga cy’Indege cya Kolwezi mu Ntara ya Lualaba.

Iyi mpanuka y’indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri Louis Watum Kabamba, yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ugushyingo 2025, ubwo yari ivuye i Kinshasa.

Gusa abari muri iyi ndege, barimo n’uyu Muminisitiri, babashije kurokoka, nk’uko tubikesha ikinyamakuru ACTUARITE.CD.

Isaac Nyembo, Umujyanama wa Minisitiri, yatangaje ko abari muri iyi ndege bose, nta n’umwe wahagiriye ikibazo, uretse kuba imizigo yari irimo yahiye.

Yagize ati “Twari itsinda ry’abantu bagera kuri makumyabiri bari kumwe na Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro baturutse i Kinshasa. Indege yari idutwaye yabuze aho igwa irashya.”

Isaac Nyembo aganira n’iki kinyamakuru, yakomeje agira ati “Twese twavuyemo mbere yuko inkongi ikwirakwira mu ndege.”

Minisitiri Watum Kabamba yari agiye muri Kolwezi gukurikirana iby’impanuka yahitanye abantu barenga 40, yabereye ahacukurwa amabuye y’agaciro i Kalondo, hafi y’agace ka Mulondo, muri Teritwari ya Mutshatsha.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?