Indege 53 zirimo iz’intambara zagaragaye mu kirere kigana mu Burasirazuba bwo Hagati ziciye mu Burayi mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran.
Mu gihe cy’amasaha 24 yo ku tariki 20 Gashyantare 2026 indege nyinshi zavuye muri Amerika zerekeza mu Burasirazuba bwo Hagati.
Igaragaza ko yafashe amafoto y’izo ndege zacaga mu Burayi ndetse zimwe zahagararaga ku birindiro by’Ingabo za Amerika mu Bwongereza RAF Lakenheath kugira ngo zongerwemo amavuta ndetse zinafate karuhuko bitewe n’urugendo rurerure.
Ni indege ziri mu ngeri zinyuranye harimo 31 zo mu bwoko bwa C-17 Globemaster III. Izo ni indege nini za gisirikare zitwara abantu n’ibikoresho ndetse bishoboka ko izo zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati bishoboka ko zari zirimo abasirikare n’ibikoresho byabo.
Izindi ndege Amerika yohereje mu Burasirazuba bwo Hagati ku itariki 20 Gashyantare 2026 ni zirindwi zo mu bwoko bwa C-5 Galaxy zizwiho gutwara ibintu biremereye ndetse n’izindi ndege icyenda zo mu bwoko bwa KC-135 Stratotanker zongerera izindi amavuta mu gihe ziri mu kirere mu ngendo ndende.
Hari kandi indege eshashatu z’intambara zitwa F-22 Raptor fighter jets zavuye muri Amerika zica ku birindiro by’igisirikare cya Amerika bya RAF Lakenheath mbere yo gukomereza mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu mafoto yagaragaye ku itariki 20 Gashyantare harimo iy’ubwato rutura bwa USS Gerald R Ford, buzwiho kuba ari bumwe mu binini mu burwanira mu mazi ku Isi, bwagaragaye buva mu Nyanja ya Atlantique bugana mu Nyanja ya Méditerranée hafi yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ni imyigaragambyo yatangiye mu Ukuboza 2025, abaturage binubira ikiguzi gihanitse cy’ubuzima cyatewe no gutakaza agaciro gukabije k’ifaranga ryaho nyuma iraguka ihinduka iyo basaba ko ubutegetsi buhinduka.
