BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imyanzuro 5: FDLR irambike intwaro hasi, M23 ijye kuri Sabyinyo (DRC)

Imyanzuro 5: FDLR irambike intwaro hasi, M23 ijye kuri Sabyinyo (DRC)

admin
Last updated: November 23, 2022 9:27 pm
admin
Share
SHARE

Mu nama yahuje abayobozi b’ibihugu by’Akarere, barimo Ndayishimiye Evariste, Felix Tshisekedi, na Uhuru Kenyatta ku butumire bwa Perezida wa Angola João Lourenço, yafatiwemo ibyemezo birimo gusaba inyeshyamba za FDLR kurambika intwaro hasi.

Perezida Felix Tshisekedi ubwo yari ageze muri Angola

Ibyemezo byafatiwe muri iyi nama igamije kunga u Rwanda na Congo, ndetse ikaba yitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wahagarariye Perezida Paul Kagame, birimo gusaba imitwe yitwaje intwaro y’amahanga irimo FDLR, Red Tabara, ADF n’abandi gutaha mu bihugu ikomokamo ikava muri Congo.

Ku murongo wa munani w’itangazo ryasohotse harimo ko abakuru b’ibihugu basabye ihagarikwa ry’imirwano, by’umwihariko ku mutwe wa M23 ukareka ibitero ugaba ku ngabo za Leta ya Congo, FARDC no ku ngabo z’umuryango w’Abibumbye, za MONUSCO, kandi bikubahirizwa kuva ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo, 2022.

Undi mwanzuro kuri iyo ngingo ya 8, uvuga ko hagomba kubahirizwa ibyemezo byo mu nama z’Abakuru b’ibihugu bya EAC, zabaye ku wa 21 Mata, na 20 Kamena, 2022 mu nzira y’ibiganiro bya Nairobi, ndetse n’ibyemezo byafatiwe i Luanda muri Angola tariki 06 Nyakanga, 2022, ndetse n’ibyemezo byafashwe n’abakuriye ingabo z’ibihugu by’akarere mu nama yabereye i Bujumbura tariki 08 Ugushyingo, 2022.

Umurongo wa kane kuri uyu mwanzuro wa 8, usaba umutwe wa M23 kuva mu duce wigaruririye ugasubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo ku ruhande rwa Congo, kandi uko gusubira inyuma kukagenzurwa n’ingabo za Leta ya Congo, ingabo z’Akarere, Urwego nzenzuzi rufatanyije n’ingabo za MONUSCO.

Gushyiraho agace k’umutekano (zone tempo) hagati ya M23 na FARDC kakagenzurwa n’ingabo z’Akarere, n’urwego ngenzuzi kandi uyu ukaba ari umwe mu myanzuro yafashwe mu nama y’abakuriye ingabo yabereye i Bujumbura.

Abakuru b’ibihugu bafashe umwanzuro wo kwaka intwaro M23, abagize uyu mutwe bagashyirwa mu kigo gicungiwe umutekano n’ingabo za Leta, FARDC zifatanyije n’ingabo z’Akarere, Urwego ngenzuzi ndetse na MONUSCO.

Hasabwe abakuru b’ingabo z’Akarere na FARDC kwiga inzira byacamo kugira ngo M23 abayigize bamburwe intwaro, bashyirwe mu kigo kimwe, ibyo bisubizo bikazagezwa ku nama y’Abakuru b’ibihugu itaha.

Umwanzuro wa 7 mu byemezo byafashwe, uvuga ko imitwe ya FDLR-FOCA, RED-TABARA, ADF (uvuga ko urwanya Uganda), n’indi mitwe yitwara gisirikare “igomba guhita ishyira intwaro hasi, ndetse igataha mu bihugu ikomokamo nk’uko biri mu myanzuro yafatiwe i Nairobi, bikagirwamo uruhare na MONUSCO, urwego ngenzuzi, n’ingabo z’akarere za EAC.

Inama y’Abakuru b’ibihugu yasabye ko habaho gucyura impunzi z’Abanye-congo zahungiye mu Rwanda no muri Uganda, ndetse abakuwe mu byabo n’intambara na bo bagataha.

Byemejwe ko inama y’abakuru b’ibihugu nk’iyi izakurikiraho izabera i Bujumbura mu Burundi.

Abakuru b’ibihugu basabye ko hakomeza ibiganiro hagati ya Congo n’imitwe iyirwanya, ndetse Congo n’u Rwanda na byo bigakomeza ibiganiro mu rwego rwo gusubiza ibintu mu buryo, ndetse bigakurikiza imyanzuro yaba iy’i Nairobi n’ibyemezo by’i Luanda.

U Rwanda rwohereje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Angola

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
12 Comments
  • right says:
    November 24, 2022 at 5:52 am

    Ese ko m23 yarimaze imaze hafi imyaka 10 yarahungiye uganda ikibazo cy’imitwe yinyeshyamba cyarakemutse ko ahubwo kiyongereye muri congo;none ko basaba Fdlr kurambika intwaro bizashoboka bite kandi iri muri Fardc? kubera iyi mpamvu gusaba M23 gusubira inyuma ntacyo byatanga kuko yagiye isubira inyuma kenshi kandi ntacyo byatanze ahubwo byahaga Fardc n’abafatanya bayo kubona umwanya wo kwitegura kumaraho M23.

    Reply
  • hagenimana olivier says:
    November 24, 2022 at 6:01 am

    Uburyo iyo myanzuro ibogamye kdi idashoboka:
    👉Kuki haticwa igitera gitera kurwana?
    👉Zone tempo y’iki se kdi leta 🇨🇩 ariyo yica abaturage?
    👉DR Congo ifite ikibazo ku banyarwanda cg ku ba Nye congo biswe batyo n’abakoloni? ubundi kuki aribo gusa congo idashaka ?
    👉 Kuki inama zanyu nta myanzuro mpinduramatwara itanga👇
    Nuko muganura hors sujet.
    Conclusion; haganirwe ku burenganzira mpuzamahanga bituma barwana Bose hifashishijwe amateka n’amategeko mpuzamahanga nta kubogama otherwise murararyaryana ,,,,, eastern -north 🇨🇩🇨🇩intambara zizageza imperuka.

    Reply
    • Higiro says:
      November 24, 2022 at 6:23 am

      Usubije uko nasubiza! Ibi bindi ntacyo bimaze kuvuga ngo M23 ishyire intwaro hasi icungirwe umutekano n’a FARDC n’interahamwe ni ukubamaraho bashaka.

      Reply
  • Higiro says:
    November 24, 2022 at 6:26 am

    Usubije uko nasubiza! Ibi bindi ntacyo bimaze kuvuga ngo M23 ishyire intwaro hasi icungirwe umutekano n’a FARDC n’interahamwe ni ukubamaraho bashaka. Bariya ni ABA congomans bavuga ikinyarwanda niba bashaka kubagarura mu Rwanda bakatane n’igice bavukiyeho bacyomeke aho bagikuye.

    Reply
  • Augustin says:
    November 24, 2022 at 7:08 am

    Yewe iyinama kowagirangoni Gisegeti ubuvugawenyine baraburagushyira mubikorwa ibyimishyikirano ya Nairobi ngobasubire mubirunga mwigumire kwitara bazaze babajyaneyo kungufu urumvango babambure intwaro babashyire mukigo uzikowagirango nizanzererezi babwira ngozijye I Wawa ikingenzinuko muribose ntambaraga bafite zokujyana M23 ahwidashaka dutegereze Itangazo riribuve muri M23

    Reply
  • mahoro jack says:
    November 24, 2022 at 8:43 am

    Hari ubwo usoma aya matangazo y’abanyapolitiki ugaseka ugatemba. Igituma barwana ntacyo muvugaho, murambara za karuvati gusa muti bazajye muri Sabyinyo barindirweyo na FARDC???? Niba Cyabitama afite icyo asobanura gifatika kuki atabijyanirayo niba abishoboye? Harya iyindi mitwe 140 isibanira iwe ko tutumva ayivugaho? Sinzi n’impamvu muta igihe n’amafaranga mwirirwa muri izi nama, mureke M23 ikubite izo nterahamwe ibindi muzaba mubireba nyuma.

    Reply
  • Anonymous says:
    November 24, 2022 at 9:03 am

    Yewe iyi name ndabona isekeje ubwox Frdc niyo gucungira umutekano M23 oya rose M23 ifite Impamvu irwana ntikore ikosa ryo kurekura kuko bayikora ibirenze I you bayikoreye 2012

    Reply
  • Habimana Yussufu says:
    November 24, 2022 at 2:27 pm

    HAHAHAHAHAHA naragenze ndabona haba hari igihugu cyitwa Sabyinyo bashaka ko M23 ijya guturamo, erega bakaba bayambuye uburenganzira yarwaniriraga.Iyi myanzuro iragayitse pe.Aba bavuga ibi bitege genocide iri gutegurwa na Leta ya tchisekedi kandi be kuzavuga ngo baratunguwe.

    Reply
  • Anonymous says:
    November 24, 2022 at 6:02 pm

    UYU WE AVUZE IBYO NIBAZAGA SABYINYO IHEREREYE KUWUHE MUGABANE NIBA RIHEZA BO BAGIYEYO

    Reply
  • NSENGUMUREMYI Edison says:
    November 25, 2022 at 5:27 am

    EEEE Ntibishoboka ko M 23 yasubira inyuma kuko igihe yatakaje kugira ifate utwoduce nikirekire ahubwo ahokugira RDC izimishe umuriro esanse nishiremubikorwa ibyo yasezeranyije M 23

    Reply
  • nature says:
    November 25, 2022 at 6:51 am

    M23 nikora ikosa igasubira muri sabyinyo izahita iraswaho na fardc ifatanyije ningabo zamahanga impamvu bari kuyishuka ngive muduce yafashe nuko dutuwe nabaturage baragirango ijye mumashyamba ubundi kayibeho.

    Reply
  • Pingback: Ibyemezo bya Luanda byafatiwe M23 “hari ababona ko bitashyirwa mu bikorwa” – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?