BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imyaka 10 y’urugendo rwa Edith Nibakwe rwashibutsemo kurwanira ishyaka umugore

Imyaka 10 y’urugendo rwa Edith Nibakwe rwashibutsemo kurwanira ishyaka umugore

admin
Last updated: September 7, 2022 8:57 am
admin
Share
SHARE
Umunyamakuru kazi akaba n’umushyushyarugamba(MC), Nibakwe Edith, yatangaje ko yashyizeho porogaramu “Women of Impact”  yihariye igamije gushyigikira no gutiza imbaraga abagore n’abakobwa.
Nibakwe Edith umaze imyaka 10 mu itangazamakuru yatangije ikiganiro gushyigikira umugore n’umukobwa
Ubwo kuwa 4Nzeri 2022, yishimiraga urugendo rw’imyaka 10 amaze akora itangazamakuru ,yatangaje ko mu mwuga w’itangazamakuru amaze gukuramo amasomo, asanga adakwiye kwihererana.

Uyu mubyeyi wakoze kuri Radiyo Izuba ari naho yatangiriye ako kazi, agakomereza kuri Radiyo /TVAuthentic ,RFI,(Radio France International), Radio/TV10, ITV,ndetse na Radio/Tv Isango Istar akorera magingo aya, yatangaje ko ubunararibonye bwe akwiye kubusangiza abandi.

Muri uyu muhango wari witabiriwe n’abagore n’abakobwa  bazwi cyane mu itangazamakuru nka Aisa Kiza ukorera Royal Fm, Rutayisire Aisha wa Voice of Africa, akaba ari n’umuyobozi kuri iyo Radiyo, Cyuzuzo Jeanne D’Arc ukorera Kiss Fm, n’abandi.

Nibakwe yavuze ko nubwo umugore n’umukobwa hari intambwe yateye , ijwi rye rikwiye kumvikana kurushaho.

Mu kiganiro n’UMUSEKE yagize ati“Hazajya hakorwa ibiganiro by’abagore n’abakobwa, bigamije kubashyigikira, mu rwego rwo gufasha mu gukemura Ibibazo bigaragara muri sosiyete, binyuze mu kiganiro tuzajya dukora kuwa Gatandatu kuri Televiziyo Isango Star guhera saa cyenda kugera saa kumi(15h-16h).”

Yavuze ko muri icyo kiganiro hazakoramo abagore batandukanye, barimo abacuruzi, abanyepolitiki, bagasangiza abandi urugendo rw’ubuzima bwabo mu rwego rwo gushyigikira abandi.

Nibakwe yatangaje ko hazakorwa amahuriro(Conferences) y’abagore n’abakobwa, ndetse n’ibiganiro mpaka , bakaganira ku ngingo runaka hagamijwe gushyikira umugore.

Gutekereza iyi gahunda byavuye kuki?

Nibakwe Edith avuga ko agira iki gitekerezo, yasanze nyuma yo kumara imyaka myinshi akora itangazamakuru, akwiye gutanga umusanzu we mu gushyigira abandi , no guteza imbere umuryango Nyarwanda.

Yagize ati“Ni umushinga natekereje nyuma y’imyaka 10 maze mu itangazamakuru, ndavuga ngo ese ni iki nakora cyihariye, nubwo bwose nzakomeza gukora n’ibindi, ariko ngashyiraho ibuye mu kubaka umuryango Nyarwanda.”

Nibakwe Edith ni umwe mu bagore bamaze igihe mu itangazamakuru, akora ibiganiro bitandukanye kurI Radiyo/TV Isango Star.
Bari bambaye imyambaro y’umwerU

Bavuga ko gushyigikirana ari inkingi y’iterambere

Abagore bagenzi be baje kumutera ingabo mu bitugu
Muri uyu muhango witabiriwe n’abagore n’abakobwa bazwi cyane mu itangazamakuru.

AMAFOTO @WOMEN TV

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?