BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imwe mu myanzuro yafatiwe i Nairobi mu biganiro by’Abanye-Congo

Imwe mu myanzuro yafatiwe i Nairobi mu biganiro by’Abanye-Congo

admin
Last updated: December 6, 2022 3:08 pm
admin
Share
SHARE

Ibiganiro byaberaga i Nairobi muri Kenya bihuje leta ya Congo n’impande zinyuranye zirimo imwe mu mitwe yitwaje intwaro, byanzuye ko infungwa zifunze nta mpamvu zirekurwa.

Uhuru Kenyatta ni we muhuza mu biganiro by’Abanye-Congo

Ni imyanzuro yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, tariki 06 Ukuboza 2022, ubwo i Nairobi muri Kenya, hasozwaga ibiganiro byari bimaze icyumweru bihuje leta ya Congo, Sosiyete sivile n’imitwe yitwaje intwaro.

Uhuru Kenyatta ni we muhuza muri ibi biganiro, ndetse ni na we wabisoje.

Bemeranyije ko hashyirwaho komite irimo abahagarariye EAC, abahagarariye leta ya Congo n’abaturage bagirwaho ingaruka n’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa Congo, igakurikirana irekurwa ry’abantu bafunzwe badafite impapuro zibafunga, cyangwa ibyaha bashinjwa.

Impande zemeranyije kandi ko abaturage baturiye pariki z’igihugu, Perezida Felix Tshisekedi agomba kubafasha kugira uruhare mu mishinga ihakorerwa, kandi bagashyirwa imbere mu biganiro.

Perezida wa Congo kandi agomba gutegura inama ihuza abaturage bo mu Karere ka MANIEMA n’abahagarariye leta bakaganira ku buryo bakungukira mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bihakorerwa.

Undi mwanzuro uvuga ko ibyifuzo n’ibitekerezo byatanzwe n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro, bigomba kuganirwaho hagati y’abahagarariye leta ya Congo n’abaturage bagirwaho ingaruka n’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa Congo, kandi Perezida Tshisekedi agasohora itangazo agira icyo abivugaho.

Perezida Felix Tshisekedi agomba guhuza imitwe yose ikorera muri teritwari 145, mu rwego rwo guha amahirwe abaturage batuye mu Burasirazuba bwa Congo, kandi byose bigaterwa inkunga yo kubishyira mu bikorwa, hazashyirwaho kandi umurongo mugari ugamije ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu biganiro bya Nairobi.

Mu yindi myanzuro yafashwe ni ukurekura imfungwa zafashwe, ndetse hakarekurwa abana bari mu gisirikare kandi bagafashwa kujya mu buzima busanzwe.

Umwanzuro wa nyuma uvuga ko hagomba kuba inama izabera Goma na Bunia izasuzumira hamwe niba ibyavuye mu biganiro by’amahoro bya Nairobi biri gushyirwa mu bikorwa, ndetse hagashyirwaho uburyo bw’igihe gito n’ikirekire ku kugarura amahoro muri Congo.

Ibiganiro bya Nairobi byatangiye ku wa 28 Ugushyingo bigeza kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022, aho byari biyobowe na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya ni kubuhuza bushyizwe imbere n’Umuryango w’Afurika y’Ibirasirazuba (EAC).

Ibi biganiro biba byarasojwe kuri uyu wa Mbere, ariko biza gusubikwa kuko amafaranga yari agenewe abitabiriye ibiganiro bagahitamo kwigaragambya, bigatuma Uhuru Kenyatta atavuga ijambo risoza ibi biganiro.

Gusa umutwe wa M23 ukomeje imirwano n’ingabo za leta FARDC ukaba utaratumiwe, ni mu gihe kandi abahagarariye Abanyamulenge na bo bikuye muri ibi biganiro bitarangiye kuko bavugaga ko bataganira n’abantu basize batanze amabwiriza yo kugaba ibitero ku baturage b’abasivile.

Abanye-Congo bigaragambije mu gihe Uhuru yari gusoza ibiganiro byabo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?