BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imvugo za perezida Ndayishimiye w’uburundi mizo zidindiza ibiganiro- Amb. Nduhungirehe

Imvugo za perezida Ndayishimiye w’uburundi mizo zidindiza ibiganiro- Amb. Nduhungirehe

sam
Last updated: May 5, 2025 12:34 pm
sam
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibiganiro bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi bigikomeje, gusa ko imvugo za Perezida Evariste Ndayishimiye z’ibinyoma ashinja u Rwanda zikomeje kubidindiza.

Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro  Inkuru mu Makuru cya RBA ku wa 04 Gicurasi 2025 .

U Rwanda n’U Burundi bimaze igihe birebana ay’ingwe ahanini bitewe nuko iki gihugu gishinja u Rwanda gukorana n’umutwe wa RED  TABARA  ukorera muri Congo, ugamije kurwanya ubutegetsi bw’u Burundi.

Ku wa 10 Werurwe 2025 intumwa zikora mu bijyanye n’ubutasi bw’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye mu Ntara ya Kirundo, ziganira ku bibazo by’umutekano byateje umwuka mubi mu mubano w’ibihugu byombi.

Imwe mu ngingo ikomeye zaganiriweho ni ukuba u Burundi bwafungura imipaka yabwo n’u Rwanda bwafunze muri Mutarama 2024.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibyo biganiro bigikomeje ndetse n’iyo ahuye na mugenzi we w’u Burundi buri gihe bagaragarizanya ubushake bwo gukemura ikibazo kiri hagati y’u Rwanda n’u Burundi kugira ngo bibane neza.

Ati “Ariko ikibazo tugira ni uko rimwe na rimwe Perezida w’u Burundi atanga ikiganiro mu bitangazamakuru mpuzamahanga ashinja u Rwanda, bikaba bitudindiza mu byo twifuza. Ntabwo ari Abanyarwanda gusa n’Abarundi bifuza ko twagarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.”

Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku biganiro Perezida Ndayishimiye aherutse kugirana n’ibitangazamakuru mpuzamahanga ashinja u Rwanda ko ngo rushaka gutera igihugu cye, ibintu rutahwemye kugaragaza ko nta shingiro bifite.

Ati “Bivuze ko ibyo biganiro bitudindiza ariko ntabwo bizaduca intege mu gushaka amahoro n’u Burundi, n’uko umubano wakongera kumera neza.”

Kugira ngo ibyo bigerweho Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwifuza ko impande zombi zakomeza gukorana ku rwego rw’umutekano ariko n’imvugo zibasira ikindi gihugu ku mpande zombi zikagabanyuka.

Ati “Cyane ko [izo mvugo] ziba zidashingiye ku kuri. Iyo uvuze ngo u Rwanda rurashaka gutera u Burundi, ibyo ntabwo bishingiye ku kuri n’Abarundi ubwabo barabizi. Twifuza ko izo mvugo zagabanyuka ku ruhande rw’u Burundi hanyuma tugakomeza gufatanya igihe nikigera umubano uzongera ugaruke.”

Muri Mutarama 2025 ni bwo Guverinoma y’u Burundi yafunze imipaka yose ihuza icyo gihugu n’u Rwanda.

Hari nyuma y’amarenga Perezida Ndayishimiye yari yaciye mu ijambo risoza umwaka wa 2023, ko ashobora gufunga imipaka ihuza igihugu cye n’u Rwanda nyuma yo kurushinja gufasha umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe.

Ni ibirego u Rwanda rwateye utwatsi, rugaragaza ko nta shingiro bifite, dore ko n’ibice RED Tabara yanyuzemo itera u Burundi, ntaho bihuriye n’u Rwanda.

Nyuma yo gufunga umupaka Ndayishimiye yagiye agaragara mu mvugo zitandukanye zishinja u Rwanda ko rushaka gutera igihugu cyabo, nyamara rukabihakana rugaragaza ko nta shingiro bifite.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

1 Min Read
Politike

RDC yashyizeho komisiyo idasanzwe ishinzwe gusuzuma icyemezo cyo gukuraho ubudahangarwa  Joseph Kabila .

1 Min Read
Politike

Minisitiri Kayikwamba yongeye gushinja u Rwanda guhungabanya umutekano wa DRC

3 Min Read
Politike

Algeria yirukanye abakozi 15 ba Ambasade y’u Bufaransa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?