BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imodoka ya RCS yagonze umuntu wari ugiye gusenga

Imodoka ya RCS yagonze umuntu wari ugiye gusenga

admin
Last updated: July 23, 2022 7:57 pm
admin
Share
SHARE

Nyanza: Mu mudugudu wa Rugari mu kagari ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza haravugwa impanuka y’imodoka ya RCS yagonze umukecuru ahita apfa.

Mu mutuku ni mu Karere ka Nyanza

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2022 ahagana i saa tatu n’igice za mugitondo imodoka yo mu bwoko bwa TOYOTA Corolla y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ifite plaque GR 331 E yari itwawe n’umucungagereza igeze ku muhanda Nyanza-Huye igonga umukecuru witwa Rachel Rushirabake w’imyaka 66 y’amavuko ahita yitaba Imana.

Umuvugizi wa Polisi ishami ryo mu muhanda, SSP Rene Irere yabwiye UMUSEKE ko nyakwigendera yagonzwe ubwo yambukiranyaga umuhanda

Ati “Uwo mukecuru yagonzwe ubwo yambukiranyaga umuhanda ahita yitaba Imana.”

Amakuru abatuye muri kariya gace babonye iriya mpanuka bahaye UMUSEKE ni uko nyakwigendera yari agiye mu materaniro muri Kaminuza ya UNILAK aho Abadventiste b’umunsi wa karindwi bo mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyanza bari bateraniye.

Umuvugizi wa Polisi ishami ryo mu muhanda yibukije abakoresha umuhanda ko bagomba guteganya bakamenya aho bageze.

Yabwiye abagenzi kwitonda bakareba niba nta binyabiziga bibari hafi  mbere yo kwambuka.

SSP Irere yibukije abatwara ibinyabiziga guteganya bareba niba bageze mu nsisiro bakagabanya umuvuduko bakagenda gahoro kandi bagaha uburenganzira  abanyamaguru nkuko amategeko abiteganya.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe gukorerwa isuzuma mu Bitaro bya Nyanza.

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i  Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • kagoro says:
    July 23, 2022 at 8:39 pm

    Inkuru ibabaje cyane.Family ye yihangane.Ariko se koko yitabye Imana?Umubwiriza 9:5,havuga ko upfuye atongera kumva.He is totally unconscious.Nta gice na kimwe cy’umuntu cyongera gukora iyo dupfuye.Ubwonko butuma dutekereza,burabora.Roho idapfa kandi ikomeza gukora iyo dupfuye,yahimbwe n’Umugereki witwaga Platon.Nkuko bible ivuga,abapfa barumviraga Imana,izabazura ku munsi w’imperuka,ibahe ubuzima bw’iteka.Abapfa biberaga mu by’isi gusa,batarashatse Imana hakiri kare,ijambo ry’Imana rivuga ko iyo bapfuye biba birangiye batazongera kubaho.Uko niko kuli.

    Reply
  • Theoneste NSENGUMUREMYI says:
    July 23, 2022 at 9:08 pm

    Yoooo, Inkuru irababaje Ku badivantisti b’umunsi wa Karindwi no Ku muryango wa Mukecuru, gusa Imana imwakire iteka inamwiyereke kandi ikomeze umuryango we nkuko nawe yari agiye kuyisenga. Naruhukire mu mahoro kandi Imana imwiyereke iteka. Hahirwa abapfa bagabapfira muri Nyagasani.

    Reply
  • NTIR says:
    July 24, 2022 at 6:06 am

    NTAKUNDI!

    Reply
  • Pingback: Imodoka ya RCS yagonze umuntu wari ugiye gusenga - Hano News
  • MATAYO says:
    July 27, 2022 at 7:05 am

    Basi twihanganishije umuryango wanyakwigendera ibyahishuwe 14:13 uwomuryango yobu7:1:11

    Reply
  • Honorine says:
    July 29, 2022 at 10:52 am

    Rip mama!!famille mwihangane one day muzamubona

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?