BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imodoka ya Perezida Zelensky yakoze impanuka

Imodoka ya Perezida Zelensky yakoze impanuka

admin
Last updated: September 15, 2022 9:26 am
admin
Share
SHARE

Imodoka yari itwaye Perezida wa Ukraine yakoze impanuka mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane, ubwo yarimo atembera mu Mujyi wa Kiev.

Perezida Volodymyr Zelensky yari yasuye umwe mu mijyi ingabo ze zambuye Uburusiya ku wa Gatatu

Umuvugizi wa Perezida Zelensky witwa Sergii Nykyforov, yemeje aya makuru.

Yavuze ko imodoka ya Perezida yagonzwe n’imodoka nto yinjiye mu murongo w’izindi ziherekeza Perezida.

Sergii Nykyforov, yabitangarije Ibiro Ntaramakuru, Reuters nijoro avuga ko Perezida Zelensky atigeze akomereka nk’uko yaje no kubyandika kuri Facebook nijoro.

Yagize ati “Perezida yasuzumwe n’Umuganga, nta gikomere kidasanzwe yasanze afite.”

Umuvugizi wa Zelensky yavuze ko umushoferi wagonze imodoka ye yakomeretse.

Ntiyagaragaje igihe impanuka yabereye areki yavuze ko ubuyobozi bukora igenzura neza bukamenya icyatumye iriya modoka yinjira mu murongo w’iziherekeza Perezida.

Yavuze ko umushoferi wagonze imodoka ya Perezida yitaweho n’abaganga bari bamuherekeje.

Nyuma y’itangazo ry’Umuvugizi wa Perezida wa Ukraine, nk’uko bisanzwe Perezida Volodymyr Zelensky yahise ashyira hanze ubutumwa bwa video akunze guha abaturage buri munsi bijyanye n’intambara Ukraine irimo n’Uburusiya, ntiyavuze iby’iyo mpanuka.

IVOMO: bfmtv.com

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Mbuto says:
    September 15, 2022 at 5:52 pm

    Ubu nuburangare bwa Presidential Guards uyiyobora ahite afatwa afungwe nigute izindi modoka zigenda President arigutambuka noneho mugihugu kiri mubihe bya intambara/amage…barebe neza hataba harimo akagambane Putin yashakaga kumwikiza muburyo bworoshye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?