BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imitwe y’inyeshyamba ibarizwa muri Congo yafatiwe ibyemezo bikakaye

Imitwe y’inyeshyamba ibarizwa muri Congo yafatiwe ibyemezo bikakaye

admin
Last updated: November 29, 2022 1:36 pm
admin
Share
SHARE

Abakuru b’ibihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba basabye imitwe yose ibarizwa ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushyira hasi intwaro ndetse imitwe yose iva mu bindi bihugu ikamburwa intwaro kandi ikanirukanwa.

Abakuru b’Ibihugu bya EAC basabye ko imitwe icumbikiwe muri Congo yirukanwa

Ibi bikubiye mu myanzuro yafatiwe mu biganiro by’amahoro byabaye kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2022 i Nairobi muri Kenya, bihuje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ibarizwa ku butaka bwayo.

Muri ibi biganiro byari byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC imbonankubone no ku ikoranabuhanga, ubwo bafunguraga icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro bya Nairobi bigamije kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, mu byo bemeranyijwe harimo ko imitwe yose iva mu bindi bihugu ibarizwa muri iki gihugu yamburwa intwaro ikanirukanwa.

Umwanzuro wa Kane ugira uti “Imitwe yose yitwaje intwaro ibarizwa mu Burazirazuba bwa DR Congo irasabwa gushyira intwaro hasi, ikitabira inzira y’ibiganiro by’amahoro. Abayobozi bashimangiye kandi ko hakenewe mu buryo bwihuse  kwambura intwaro no gucyura imitwe yose yitwaje intwaro yo mu bihugu by’amahanga ibarizwa ku butaka bwa DR Congo.”

Abakuru b’ibihugu by’Umuryango w’Afurika y’Ibirasirazuba bagaragaje ko inzira yonyine yo gushaka umutekano n’amahoro arambye mu Burasirazuba bwa Congo ari inzira y’ibiganiro.

Basabye ko imyanzuro yagiye ifatwa mu bihe binyuranye yashyirwa mu bikorwa, harimo nk’iyavuye mu biganiro byahuje abakuru b’ibihugu bya EAC muri Nyakanga uyu mwaka, iyafatiwe Sharm El Sheikh mu Misiri ndetse n’iyafatiwe mu biganiro byabereye Luanda muri Angola kuwa 23 Ugushyingo 2022.

Basabye kandi ko hakorwa ibishoboka amahoro akagarurwa mu Burasirazuba bwa Congo mu rwego gusubizwa mu byabo no gucyura impunzi n’abaturage bakuwe mu byabo n’intambara, aha ariho bahera bahamagarira imiryango mpuzamahanga n’ibihugu bya EAC gutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibizava mu biganiro bya Nairobi.

Perezida wa DR Congo, Felix Tshisekedi akaba yashimiwe umuhate we mugushakira amahoro n’umutekano u Burasirazuba bwa Congo, ni mu gihe imitwe yitwaje intwaro yasabwe kubyaza amahirwe ibi biganiro by’amahoro bya Nairobi.

Umuhuza w’ibi biganiro by’amahoro bya Nairobi, Uhuru Kenyatta yashimiwe uruhare rwe n’uburyo akomeje kwitanga mu rugendo rwo gushakira amahoro n’umutekano urambye u Burasirazuba bwa Congo, ndetse bamwizeza ubufasha bwose bushoboka.

Ibi biganiro bya Nairobi byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC barimo Perezida w’u Burundi akaba n’umuyobozi wa EAC, Evariste Ndayishimiye, Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto ndetse n’abandi babyitabiriye ku ikoranabuhanga barimo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Yoweri Museveni wa Uganda na Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Harimo kandi abahagarariye imitwe yitwaje intwaro ibarizwa ku butaka bwa Congo uretse M23 itaratumiwe muri ibi biganiro, sosiyete sivile n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga nk’intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibiganiro by’amahoro bya Nairobi byitabiriwe n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • sir says:
    November 29, 2022 at 3:47 pm

    Ntibakababeshye ahanini ni M23 bashaka kurwanya kuko Fdlr iri muri Fardc,maimai zo zikorere abayobozi ba congo kandi mwese murabizi ko izi nama zurudaca ziteranye nyuma yaho M23 yubuye imirwano.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?