BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imiti “ivugwaho kongera” igitsina yabujijwe gucururizwa mu Rwanda

Imiti “ivugwaho kongera” igitsina yabujijwe gucururizwa mu Rwanda

admin
Last updated: January 5, 2023 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyahagaritse imiti ikoreshwa mukongerera abagabo igitsina nyuma yo gusanga itujuje ubuziranenge, ndetse abayifite bakayisubiza aho bayikuye.

Abafite iyi miti yakuwe ku isoko basabwe kuyisubiza aho bayikuye

Itangazo rya Rwanda FDA ryashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru, Dr. Emile Bienvenue, rivuga ko iyi miti yahagaritswe nyuma yo gukora ubugenzuzi bwimbitse ku bigo bikora bikanacuruza iyi miti bagasanga itujuje ubuziranenge.

Imiti yaciwe  ku isoko ry’u Rwanda ni Dawa ya Kupanua Uume ukoreshwa mu kongera ingano y’igitsina cy’umugabo na Ngetwa 3 wa garama 130  ikorerwa muri Tanzania.

Hahagaritswe kandi umuti wa Delay Spray for Men upima garama 10, ubamo Vitamin E ndetse ukanifashishwa n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo.

Rwanda FDA yavuze ko uretse kuba iyi miti itujuje ubuziranenge ishobora kwangiza abayikoresha, bati “Uretse kuba iyi miti itujuje ubuziranenge ishobora no kugira ingaruka ku bantu bayifashe. Ni muri urwo rwego ibikorwa bijyanye no kuyamamaza bigomba guhagarikwa.”

Abacuruza, abatunganya, abatumiza n’abadandaza iyi miti ikorwa mu bimera yakuwe ku isoko ry’u Rwanda basabwe guhagarika kuyigurisha ndetse iyo bari basigaranye bakayisubiza aho bayiguriye.

Ibi bikajyana nuko abayiranguza bazajya batanga raporo buri minsi itanu kuri Rwanda FDA bagaragaza ingano y’imiti bagaruriwe.

Abayikoresha nabo bibukijwe ko bagomba guhagarika gukoresha iyi miti kuko byabagiraho ingaruka.

Rwanda FDA ikaba yibukije abatunganya, abaranguza n’abadandaza imiti ikomoka ku bimera gusaba ibyangombwa muri iki kigo gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa, ndetse bakandikisha imiti yabo mbere yo kuyicuruza.

Mu bihe bitandukanye, Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda cyaburiye abamamaza ibicuruzwa birimo imiti y’abantu n’amatungo, bibutsa ko bitemewe ndetse kubikora ari ukunyuranya n’amategeko, aho bari baranaciye ibiganiro byamamaza iyi miti ku ma radiyo na televiziyo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Iradukunda Eram says:
    January 5, 2023 at 4:43 pm

    Hari Radio imwe ntaribuvuge yo mu Rwanda, mugihe cyashize nibyo biganira byayikorerwagaho (hafi amasaha yose y’umunsi) gusa muri ino minsi sinkibyumva. Rero nizere ko nababandi bo kuri Facebook bagiye kubihagarika kuko byari binabangamye.

    Reply
    • Anonymous says:
      January 7, 2023 at 8:35 pm

      Radio nyinshi murukerera nibyo byiberaho gusa

      Reply
  • Anonymous says:
    January 5, 2023 at 9:59 pm

    Ese itavuzwe haruguru yo ubwo barayemeye?
    Ko nkeka hari nindi myishi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?