BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Imirimo yo kuvugurura gare ya Nyabugogo izatwara arenga miliyoni 100 z’amadorali ya Amerika

Imirimo yo kuvugurura gare ya Nyabugogo izatwara arenga miliyoni 100 z’amadorali ya Amerika

sam
Last updated: August 9, 2024 11:24 am
sam
Share
SHARE

Kuvugurura Gare ya Nyabugogo biteganijwe gutangira mu 2025 bikazarangira mu 2027 bitwaye ari hagati ya miliyoni 100 na miliyoni 150 z’amadorali ya Amerika.

Umuvugizi w’umujyi wa Kigali Emma-Claudine Ntirenganya ,avuga ibishoboka ko ikiguzi cyo kuyivugurura gishobora kwiyongra.

yagize ati: “Ikiguzi cya nyuma kizagenwa nyuma y’inyigo no kwemezwa.”

Iyi byitezwe ko izorohereza urujya n’uruza rw’aberekeza mu ntara z’igihugu ndetse n’abajya mu bihugu by’ibituranyi .

Ntirenganya yavuze ku itangira ry’ibi bikorwa n’uburyo serivise zatangirwagamo zitazahagarara mu gihe ibikorwa bizaba birimbanyije .

Yagize ati: “Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’inzego zishinzwe gutwara abantu n’ibintu bagaragaje ahantu ho kwimukira by’agateganyo hafi y’ahantu hasanzwe hagamijwe kudahungabanya ubucuruzi buhakikije. Ahantu ho kwimukira by’agateganyo hazamenyeshwa abaturage muri rusange mu minsi ya vuba ”.

Iyi gare nshya yitezweho kuzakira umubare wisumbuye wa bisi n’abagenzi. Gusa biracyaganirwaho ngo harebwe umubare n ’ingano nyayo y’ibikoresho byose bikenewe n’ibikorwaremezo bizashyirwamo .

Biteganyijwe ko gare nshya izaba ifite aho bisi zihagarara, aho abagenzi bategerereza, aho bakorera, ahacururizwa ndetse n’ahakorera ubuyobozi, uburyo bwo kwerekana amakuru no kwishyura, uburyo bw’isukura, ah’abashinzwe umutekano, imyidagaduro ndetse n’ubuzima bwiza n’ibindi.

Umujyi wa Kigali urateganya kandi gushyiraho sisitemu yihariye y’ahantu hagenewe kunyura bisi gusa, Dedicated Bus Lane (DBL) mu masaha aba arimo umubyigano nk’igihe cyo kujya ku kazi cyangwa kukavaho.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

Vincent Murekezi yasabye amezi atatu yo gushaka umwunganira nyuma y’uko uwo yari afite yikuye mu rubanza

Vincent Murekezi uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akekwaho kuba…

U Rwanda n’u Bufaransa baganiriye ku kibazo cy’umutekano mu karere

Leta y’u Rwanda n’iy’u Bufaransa baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye ndetse n’ibibazo by’umutekano…

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rubavu: Polisi yafashe ibilo 500 by’ifumbire mvaruganda yari igiye kugurishwa mu buryo bwa magendu mu gihugu cy’abaturanyi

3 Min Read
Mu Rwanda

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

1 Min Read
Mu Rwanda

Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima

1 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya Kabiri cy’Abanyarwanda barenga 790 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?