BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 2, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

sam
Last updated: August 1, 2025 8:59 am
sam
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yimuriye muri Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) inshingano z’Ikigega cyari gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (BDF).

Izi mpinduka zigamije guhuza ubushobozi bwa BDF ikunze gukorana n’abacuruzi bato n’abaciriritse (SMEs) n’ubushobozi bwa BRD bwo gutanga inguzanyo nini, ubunararibonye mu by’inganda zitandukanye n’imiyoborere y’inzego.

Ni icyemezo MINECOFIN ivuga ko kigamije gutuma habaho imikorere inoze iganisha ku iterambere.

Iri huzwa rizagira inyungu nziza ku bacuruzi n’abashoramari zirimo kwihutisha uburyo bwo kubona inguzanyo ndetse no kugabanya igihe cyo gutegura ibisabwa ku bashoramari bashaka inguzanyo binyuze mu mabanki n’ibigo by’imari iciriritse bafatanyije.

Hari kandi kubona inguzanyo ziteguye ku rugero rw’umukiliya, ibi bikazaba ari amahirwe y’ishoramari ku batangira ubucuruzi, abari mu rugendo rwo gukura no kwagura ibikorwa byabo ndetse n’abafite imishinga minini.

Iri huzwa kandi rizagira uruhare mu kwagura imiyoboro mu gihugu hose, aho serivisi zizatangwa ku buryo bwagutse mu mijyi no mu byaro hifashishijwe ikoranabuhanga.

Izi mpinduka ni intambwe ikomeye mu guteza imbere urwego rw’abikorera binyuze mu koroshya uburyo bwo kubona igishoro, bikaba biri mu murongo wa Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST1) n’Icyerekezo 2050.

Kugeza ubu, BDF imaze gufasha imishinga irenga 40,000, naho BRD ikaba yarateye inkunga imishinga iri mu nzego zirimo ubuhinzi, inganda, n’ibikorwaremezo. Kwifatanya kw’ibi bigo bizarushaho kuganisha ku iterambere rirambye rifasha kugera ku ntego z’iterambere ry’igihugu.

Iki kigo gishya kizakomeza kuba urwego rukuru rutanga inguzanyo mu Rwanda, gitanga umusanzu mu guteza imbere ubukungu budaheza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gasabo: Umugabo n’umugore batawe muri yombi bakekwaho gukora inzoga za Liquor‎

Polisi y'Igihugu ikorera mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Bumbogo yafashe…

Amerika yahagaritse visa z’abayobozi ba Palestin

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano abayobozi bo muri Leta ya…

Herekanywe Amashusho Ashinja Kabila Ubugambanyi

Ubwo humvwaga ubuhamya bw’ubushinjacyaha ku birego bwareze Joseph Kabila, urukiko rwasabye ko…

Abarimu ibihumbi 26 bari mu burezi ntibabwize_REB

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwatangaje ko abarimu bagera ku bihumbi…

Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

Guverinoma y'u Rwanda yimuriye muri Banki y'Amajyambere y'u Rwanda (BRD) inshingano z'Ikigega…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?