BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Imihigo irakomeje: Salma Mukansanga mu bazita Izina Abana b’Ingagi

Imihigo irakomeje: Salma Mukansanga mu bazita Izina Abana b’Ingagi

admin
Last updated: August 29, 2022 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Umusifuzi mpuzamahanga, Mukansanga Salma Rhadia, yashyizwe mu bihangange bizitabira umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi uteganyijwe muri Nzeri 2022.

Mukasanga Salma akomeje kugirirwa icyizere mu Rwanda

Mu gihe habura iminsi ine gusa habe umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi uzabera mu Kinigi mu Akarere ka Musanze, amazina y’abazagaragara muri uwo muhango, akomeje gutangazwa umunsi ku wundi.

Abana b’Ingagi 20 ni bo bazitwa Izina mu muhango usanzwe ubera mu Akarere ka Musanze mu Kinigi aho Ingagi ziba.

Urutonde rw’abazagaraga muri uwo muhango, yatangiye gushyirwa hanze tariki 28 Kanama 2022, ruriho Mukasanga Salma Rhadia n’andi mazina asanzwe azwi.

Abandi ni Gilberto Silva wakiniye Arsenal, Laurene Jobs uyobora umuryango Emerson Collective, Moses Turahirwa usanzwe ari rwiyemezamirimo washinze Moshions izwiho gucuruza imyenda ya Made in Rwanda n’indi mitako ikorerwa mu Rwanda, Dr Evan Antin, umuhanzi Youssou N’dour usanzwe ari inshuti y’u Rwanda na Dr Cindy Descalzi Pereira ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za América.

Salma izina rye rikomeje kuba rinini mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, mu mwaka ushize wa 2021 yakoze amateka yo kuba Umunyarwandakazi wa Mbere wasifuye Imikino Olempike, ahereye ku wahuje u Bwongereza na Chili i Tokyo.

Uretse ibyo byose kandi, ari mu basifuzi umunani bo muri Afurika, bazatoranywamo abazasifura Igikombe cy’Isi cy’Abagore cya 2023 muri Nouvelle-Zélande.

Mukansaga ari mu basifuzi bazasifura igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar uyu mwaka mu kwezi k’Ugushyingo.

Ari mu bazasifura Igikombe cy’Isi kizebera muri Qatar uyu mwaka
Aherutse mu mikino ya Commenwealth
Salma Mukansanga akomeje kwaguka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahame says:
    August 29, 2022 at 5:20 pm

    Nubwo Abagore basuzugurwa mu bihugu bimwe,nabo barashoboye.Dore ingero nkeya:Ababaye Prime Ministers Margaret Thacher of England,Golda Meir of Israel,Indira Gandhi of India,Agatha Uwiringiyimana of Rwanda.Nubwo bimeze gutyo,hari ahantu habiri Imana ibuza ko abagore bareshya n’abagabo.Aha mbere ni mu rugo.Muli Abakorinto ba mbere,igice cya 11,umurongo wa 3,havuga ko Umugabo ari Chef w’umugore.Aha kabiri ni mu nsengero.Imana ibuza Abagore kuyobora amatorero n’insengero.Byisomere muli 1 Timote,igice cya 2,umurongo wa 12 na 1 Abakorinto,igice cya 14,imirongo ya 34 na 35.Ababirengaho,nta kindi baba bagamije uretse gushaka amafaranga bitwaje bible.Ni icyaha nk’ibindi.

    Reply
  • mahame says:
    August 29, 2022 at 5:20 pm

    Nubwo Abagore basuzugurwa mu bihugu bimwe,nabo barashoboye.Dore ingero nkeya:Ababaye Prime Ministers Margaret Thacher of England,Golda Meir of Israel,Indira Gandhi of India,Agatha Uwiringiyimana of Rwanda.Nubwo bimeze gutyo,hari ahantu habiri Imana ibuza ko abagore bareshya n’abagabo.Aha mbere ni mu rugo.Muli Abakorinto ba mbere,igice cya 11,umurongo wa 3,havuga ko Umugabo ari Chef w’umugore.Aha kabiri ni mu nsengero.Imana ibuza Abagore kuyobora amatorero n’insengero.Byisomere muli 1 Timote,igice cya 2,umurongo wa 12 na 1 Abakorinto,igice cya 14,imirongo ya 34 na 35.Ababirengaho,nta kindi baba bagamije uretse gushaka amafaranga bitwaje bible.Ni icyaha nk’ibindi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?