BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ikimenyane n’icyenewabo bikomeje gufata indi ntera mu basifuzi

Ikimenyane n’icyenewabo bikomeje gufata indi ntera mu basifuzi

admin
Last updated: September 22, 2022 11:41 am
admin
Share
SHARE

Bamwe mu basifuzi basifura mu cyiciro cya Mbere n’icya Kabiri mu Rwanda, bakomeje kurira amarira baterwa n’agahinda ko kwamburwa ibyo bemerewe kubera ikimenyane n’icyenewabo gikomeje gufata indi ntera muri Komisiyo y’abasifuzi mu Rwanda.

Mu basifuzi hakomeje kuvugwamo ikimenyane

Hashize igihe muri komisiyo y’abasifuzi havugwamo gutoneshwa kwa bamwe bazamurwa umunsi ku wundi, nyamara abandi bagakomeza gutsikamirwa bitewe n’uko nta kivurira bafite.

Uretse ibi kandi, hanavuzwe ruswa muri iyi komisiyo ndetse umwe mu basifuzi uherutse kuganira na IGIHE yemeje ko hari abiyemereye ko bayiriye ubwo iyi komisiyo yari ikiyoborwa na Gasingwa Michel wasimbuwe na Rurangirwa Aaron.

Uko iminsi yicuma, ni ko mu basifuzi hakomeje kuvugwamo ibibazo bitandukanye byiganjemo ikimenyane n’icyenewabo gikomeje gufata indi ntera.

Kuzamura abasifuzi ntibikorwa uko bikwiye!

Umwe mu basifuzi wahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko hagati yabo badakundana kuko ubwabo bagambanirana ariko ikirenze kuri ibyo hazamuka abatabikwiye kandi byagizwe umuco.

Ati “Uzakubeshya nuzavuga y’uko tugira urukundo hagati yacu kuko usanga uwo mwakundanaga ari we uguhemukiye nyuma agafata umwanya wawe.”

Yongeyeho ati “Ni agahinda gusa. Byadusigiye amarira gusa. Nk’ubuheruka uzabaze abazamutse kandi bataturusha.”

Uyu musifuzi utashatse ko amazina ye ajya hanze, yahamije ko muri komisiyo ibashinzwe nta bunyangamugayo buhaba kandi bikomeje gufata indi ntera uko iminsi yicuma.

Ati “Ni gute ushobora kwerekana y’uko ushoboye buri umwe wese abikubwira mwakoranye umukino hamwe na Komiseri ariko kuzamuka wapi.” Ugakora imikino yose kugeza muri ½ cy’Icyiciro cya Kabiri nta kosa bakubwira ariko bikarangira gutyo.”

Ibi biraza byiyongera ku bindi undi musifuzi aheruka kubwira UMUSEKE ko hari bagenzi be azi bakoreshwa kugira ngo bahindure umukino runaka ariko bikarangira ari bo bagororewe kuzamurwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Hakizimana Louis we yabaye abereretse [Ifoto: Rwandamagazine]
Komisiyo y’abasifuzi ikomeje gutungwa urutoki mu kimenyane kiyirimo [Ifoto: Rwandamagazine]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?