BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ikimenyane n’icyenewabo bikomeje gufata indi ntera mu basifuzi

Ikimenyane n’icyenewabo bikomeje gufata indi ntera mu basifuzi

admin
Last updated: September 22, 2022 11:41 am
admin
Share
SHARE

Bamwe mu basifuzi basifura mu cyiciro cya Mbere n’icya Kabiri mu Rwanda, bakomeje kurira amarira baterwa n’agahinda ko kwamburwa ibyo bemerewe kubera ikimenyane n’icyenewabo gikomeje gufata indi ntera muri Komisiyo y’abasifuzi mu Rwanda.

Mu basifuzi hakomeje kuvugwamo ikimenyane

Hashize igihe muri komisiyo y’abasifuzi havugwamo gutoneshwa kwa bamwe bazamurwa umunsi ku wundi, nyamara abandi bagakomeza gutsikamirwa bitewe n’uko nta kivurira bafite.

Uretse ibi kandi, hanavuzwe ruswa muri iyi komisiyo ndetse umwe mu basifuzi uherutse kuganira na IGIHE yemeje ko hari abiyemereye ko bayiriye ubwo iyi komisiyo yari ikiyoborwa na Gasingwa Michel wasimbuwe na Rurangirwa Aaron.

Uko iminsi yicuma, ni ko mu basifuzi hakomeje kuvugwamo ibibazo bitandukanye byiganjemo ikimenyane n’icyenewabo gikomeje gufata indi ntera.

Kuzamura abasifuzi ntibikorwa uko bikwiye!

Umwe mu basifuzi wahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko hagati yabo badakundana kuko ubwabo bagambanirana ariko ikirenze kuri ibyo hazamuka abatabikwiye kandi byagizwe umuco.

Ati “Uzakubeshya nuzavuga y’uko tugira urukundo hagati yacu kuko usanga uwo mwakundanaga ari we uguhemukiye nyuma agafata umwanya wawe.”

Yongeyeho ati “Ni agahinda gusa. Byadusigiye amarira gusa. Nk’ubuheruka uzabaze abazamutse kandi bataturusha.”

Uyu musifuzi utashatse ko amazina ye ajya hanze, yahamije ko muri komisiyo ibashinzwe nta bunyangamugayo buhaba kandi bikomeje gufata indi ntera uko iminsi yicuma.

Ati “Ni gute ushobora kwerekana y’uko ushoboye buri umwe wese abikubwira mwakoranye umukino hamwe na Komiseri ariko kuzamuka wapi.” Ugakora imikino yose kugeza muri ½ cy’Icyiciro cya Kabiri nta kosa bakubwira ariko bikarangira gutyo.”

Ibi biraza byiyongera ku bindi undi musifuzi aheruka kubwira UMUSEKE ko hari bagenzi be azi bakoreshwa kugira ngo bahindure umukino runaka ariko bikarangira ari bo bagororewe kuzamurwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Hakizimana Louis we yabaye abereretse [Ifoto: Rwandamagazine]
Komisiyo y’abasifuzi ikomeje gutungwa urutoki mu kimenyane kiyirimo [Ifoto: Rwandamagazine]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?