BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

admin
Last updated: January 27, 2023 10:58 pm
admin
Share
SHARE

Abantu 7 byemejwe ko bishwe mu gitero cyabereye ku rusengero mu Burasirazuba bwa Jerusalem, abandi bakomeretse.

Uwakoze igitero yahise araswa

Iki gitero cyabaye mu gace kitwa Neve Yaakov ahagana ku isaha ya saa 20h15 ku isaha y’i Kigali.

Abashinzwe ubutabazi muri Israel bavuze ko abantu 10 bagizweho ingaruka n’iki gitero, muri bo bamwe bakomeretse bikabije.

Polisi ya Israel ivuga ko uwakoze kiriya gitero yiciwe aho ubwo yahagarikwaga ahunze akarasa ku bapolisi.

Abashinzwe umutekano bavuga ko iki gitero ari icy’iterabwoba.

Muri Gaza ho abantu bakoze ibirori byo kwishimira ko mugenzi wabo yahoreye abanya-Palestine 9 bishwe ku wa Kane n’ingabo za Israel.

Barashe mu kirere ibishashi, ndetse imodoka zizenguruka umujyi zivuza amahoni.

BBC ndetse n’ibindi binyamakuru bivuga ko abantu 7 ari bo bapfuye.

Muri Gaza abanya-Pelestine bakoze ibirori bishimira kiriya gitero

America yamaganye iki gitero, Umuvugizi wa Deparitema ya Leta, Vedant Patel, yavuze ko bifatanyije na Israel.

Ku wa Kane ingabo za Israel zagabye igitero mu gace k’abanya-Palestine kigwamo abantu 9, barimo abasivile n’abarwanyi ba Hamas.

Igitero cyabereye Jenin mu gace Israel yafashe kitwa West Bank.

Abanya-Palestine barashe ibisasu bya rocket kuri Israel, ariko Israel ivuga ko yabirashe bikiri mu kirere.

Nyuma Israel yahise igaba ibitero by’indege mu gace ka Gaza.

Alqam Khairi ni we bavuga ko yakoze kiriya gitero

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
Mu mahanga

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?