BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

UPDATE: Igitero ku butaka bwa Israel cyaguyemo abantu 7

admin
Last updated: January 27, 2023 10:58 pm
admin
Share
SHARE

Abantu 7 byemejwe ko bishwe mu gitero cyabereye ku rusengero mu Burasirazuba bwa Jerusalem, abandi bakomeretse.

Uwakoze igitero yahise araswa

Iki gitero cyabaye mu gace kitwa Neve Yaakov ahagana ku isaha ya saa 20h15 ku isaha y’i Kigali.

Abashinzwe ubutabazi muri Israel bavuze ko abantu 10 bagizweho ingaruka n’iki gitero, muri bo bamwe bakomeretse bikabije.

Polisi ya Israel ivuga ko uwakoze kiriya gitero yiciwe aho ubwo yahagarikwaga ahunze akarasa ku bapolisi.

Abashinzwe umutekano bavuga ko iki gitero ari icy’iterabwoba.

Muri Gaza ho abantu bakoze ibirori byo kwishimira ko mugenzi wabo yahoreye abanya-Palestine 9 bishwe ku wa Kane n’ingabo za Israel.

Barashe mu kirere ibishashi, ndetse imodoka zizenguruka umujyi zivuza amahoni.

BBC ndetse n’ibindi binyamakuru bivuga ko abantu 7 ari bo bapfuye.

Muri Gaza abanya-Pelestine bakoze ibirori bishimira kiriya gitero

America yamaganye iki gitero, Umuvugizi wa Deparitema ya Leta, Vedant Patel, yavuze ko bifatanyije na Israel.

Ku wa Kane ingabo za Israel zagabye igitero mu gace k’abanya-Palestine kigwamo abantu 9, barimo abasivile n’abarwanyi ba Hamas.

Igitero cyabereye Jenin mu gace Israel yafashe kitwa West Bank.

Abanya-Palestine barashe ibisasu bya rocket kuri Israel, ariko Israel ivuga ko yabirashe bikiri mu kirere.

Nyuma Israel yahise igaba ibitero by’indege mu gace ka Gaza.

Alqam Khairi ni we bavuga ko yakoze kiriya gitero

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?