BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Igitero ku birindiro bya MONUSCO cyaguyemo umusirikare n’abapolisi 2 ba UN

Igitero ku birindiro bya MONUSCO cyaguyemo umusirikare n’abapolisi 2 ba UN

admin
Last updated: July 26, 2022 8:35 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo z’umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, MONUSCO zasohoye itangazo ryamagana igitero zagabweho kikagwamo umusirikare n’abapolisi babiri ba UN, byabereye muri Kivu ya Ruguru.

Imyigaragambyo ikomeye imaze iminsi ibiri abaturage basaba MONUSCO kugenda

Itangazo ryasohokeye i Kinshasa, kuri uyu wa Kabiri tariki  26 Nyakanga, 2022 rivuga ko umusirikare umwe n’abapolisi babiri ba UN bishwe n’abantu bagabye igitero kuri MONUSCO mu gace ka Butembo, muri Kivu ya Ruguru.

MONUSCO ivuga ko icyo gitero cyari kigambiriye ibiro byayo cyakomerekeyemo undi muntu umwe mu bashinzwe umutekano bayo.

Itangazo rigira riti “Abateye igitero bambuye imbunda abapolisi ba Leta ya Congo, barasa ku ngabo zacu zishinzwe kugarura amahoro.”

MONUSCO ivuga ko yunamiye abaguye muri iki gitero ndetse ikaba inifuriza uwakomeretse gukira.

Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zivuga ko zamaganye kiriya getero kuko nta mpamvu n’imwe yasobanura impamvu cyabayeho.

MONUSCO yibukije abayigabaho ibitero ko binyuranye n’amasezerano UN ifitanye na Leta ya Congo, ndetse n’amasezerano mpuzamahanga aha ubudahangarwa UN.

Yavuze ko abagaba ibitero ku birindiro byayo bakora ibyaha by’intambara biregerwa mu nkiko mpuazamahanga.

MONUSCO ivuga ko hari amakuru avuga ko muri bariya bayirasheho hari amakuru avuga ko hari abishwe.

Ivuga ko yagerageje kwifata ntirwanye abayigabaho ibitero, n’abatera ku nyubako ikoreramo ikaba isaba ko habaho iperereza ryigenga ku byabaye.

Yashimiye abasirikare bayo ubunyamwuga bagaragaza mu rwego rwo kwifata birinda ko hameneka amaraso.

Iki gitero cy’i Butembo gikurikiye imyigaragambyo imaze iminsi ibiri ibera i Goma, abaturage basaba MONUSCO guhambira. Gusa iyo myigaragambyo yakurikiwe n’ibikorwa byo gusahura ibikoresho byose mu biro bya MONUSCO, ndetse Leta ya Congo yatangaje ko abantu 15 bamaze kugwa muri ibi bikorwa harimo n’aba bantu ba MONUSCO.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?