BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Igisubizo cy’Ubuyobozi ku nkongi iherutse kwibasira ishyamba rya Leta i Nyanza

Igisubizo cy’Ubuyobozi ku nkongi iherutse kwibasira ishyamba rya Leta i Nyanza

admin
Last updated: July 26, 2022 7:45 pm
admin
Share
SHARE

Mu Murenge wa  Nyagisozi, mu Kagari ka Kabunga,  mu Mudugudu wa Mweya, mu Karere ka Nyanza, ishyamba rya Leta riri ku musozi wa Gihara, ryafashwe n’inkongi hegitare 17 zirakongoka. Harakekwa abatwika amakara kuba intandaro.

Ubuyobozi burasaba abaturage kwirinda kujyana umuriro mu ishyamba muri iki gihe cy’impeshyi

Amakuru avuga ko inkongi yatangiye mu ijoro ryo ku wa  24 Nyakanga, 2022 ikomeza ku wa 25 Nyakanga, 2022.

Kuri iyo tariki  saa 11h30 z’amanywa, ku bufatanye n’abaturage b’imidugudu ya Gihara, Mweya, Gituntu na Kigohe, babashije kuzimya umuriro wose wari wibasiye iryo shyamba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagisozi, Habineza Jean Baptiste yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu abatwika amakara ari bo bakekwa kuba intandaro y’umuriro.

Yagize ati “Hahiye hegitare 17 n’ejo harongera. Hari abakekwa, abantu bajya bagenda bakibamo ibiti, bagatwikamo amakara.”

Habineza avuga ko mu gihe cy’izuba iyo igishirira kigeze mu byatsi gihita gifata ishyamba rikagurumana, ariko ubu ngo hazimijwe nta kibazo kigihari.

Yavuze ko umuntu ukekwaho gutwika ishyamba yahise acika ubuyobozi, akaba agishakishwa.

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage kwirinda ikintu cyose cyateza inkongi mu ishyamba.

Ati “Icya mbere cyo turi mu gihe cy’izuba ibyatsi birakakaye, birumye, hari ingamba tujya dufata mu gihe cy’iki ntabwo tuba dushaka abatwika amakara, mu rwego rwo kwirinda inkongi. Gutwika ibyatsi ntabwo byemewe. Byagakwiye gutunganywa hakavamo ifumbire, dukwiye kwirinda ibikorwa nk’ibyo, tukirinda inkongi.”

Gutwika amashyamba bigira ingaruka mu guhumanya ikirere

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?