BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

admin
Last updated: March 14, 2026 10:48 am
admin
Share
SHARE

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari hashize iminsi itanu, Amerika na Koreya y’Epfo batangije imyitozo yo kwitegura kurwanya icyo bise “iterabwoba” rya gisirikare rituruka muri Koreya ya Ruguru.

Missile balistique ni intwaro iraswa ikoresheje ‘rocket’ ifite imbaraga nyinshi, igatuma izamuka cyane mu kirere. Nyuma yo gusunikwa na rocket iyizamura, iyo missile ikurikira inzira igoramye mu kirere, imeze nk’iyo umupira ugira iyo utewe.

Iyo igeze ku rwego rwo hejuru mu rugendo rwayo, ntiba igikoresha moteri yayo, ahubwo ikomeza urugendo igana aho igenewe kugera bitewe ahanini n’imbaraga z’isi ziyikurura (force de pesanteur).

Izi missile ziba zigenewe gutwara umutwaro w’intwaro ushobora kuba ari ibisasu bisanzwe cyangwa se izindi ntwaro zikomeye nka za kirimbuzi, iz’imiti yica cyangwa iz’ibinyabuzima.

Bitewe n’ubwoko bwayo, Missile balistique ishobora kugenda intera iri hagati y’ibilometero amagana kugeza ku bihumbi byinshi, bigatuma ishobora kugera ku ntego iri kure cyane aho yarasiwe. Hari n’izigezweho zishobora kurenga n’imipaka y’imigabane y’isi zikagera ku ntego ziri kure cyane.

Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyatangaje mu butumwa bugufi cyohereje ku banyamakuru ko icyo gisasu cyarashwe cyerekeza mu nyanja iri ku nkombe z’Iburasirazuba bwa Koreya ya Ruguru.

Nta yandi makuru arambuye cyatanze. Abashinzwe kurinda inkombe z’u Buyapani bo bavuze ko icyo gisasu gisa n’icyaguye mu nyanja.

Televiziyo ya Leta y’u Buyapani, ishingiye ku makuru yaturutse muri Minisiteri y’Ingabo, yatangaje ko gishobora kuba cyaguye hanze y’agace kahariwe ubukungu.

Hari hashize iminsi itanu, Koreya y’Epfo na Amerika bitangije imyitozo ikomeye ya gisirikare, igamije kwitegura guhangana n’icyo bita iterabwoba rya gisirikare rituruka muri Koreya ya Ruguru.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Aziya

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

2 Min Read
Aziya

Abashinwa 7 bakatiwe imyaka 20 y’igifungo muri Afurika y’Epfo bazira gucuruza abantu

4 Min Read
Aziya

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

3 Min Read
Aziya

Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?