BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kigiye kugarura Gatete Jimmy i Kigali

Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kigiye kugarura Gatete Jimmy i Kigali

admin
Last updated: August 26, 2022 1:46 am
admin
Share
SHARE

Biciye mu irushanwa ry’Igikombe cy’Isi cy’abakinnye (Veterans) kizabera mu Rwanda, rutahizamu wakunzwe n’Abanyarwanda benshi, Gatete Jimmy, agiye kugaruka mu Rwanda kuritegura.

Byemejwe ko Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizabera mu Rwanda mu 2024

Ku wa Kane tariki 25 Kanama, ni bwo habaye ikiganiro n’abanyamakuru, cyari kirimo Minisiteri ya Siporo yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa yo, Shema Maboko Didier, Ferwafa yari ihagarariwe na Visi Perezida wa yo, Habyarimana Marcel ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry Brulan ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ku Isi ry’abakinnyi umupira w’amaguru (FIFVE), Fred Siewe n’abandi.

Muri iki kiganiro, harangajwe ko abahoze bakina umupira w’amaguru ku isi, barimo Jimmy Gatete wakanyujijeho mu Rwanda bategerejwe i Kigali mu gikorwa cyiswe ’Legends in Rwanda’.

Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Abahoze bakina Umupira w’Amaguru, ryatangaje ko abo banyabigwi bose bazakina igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho (Veterans), bategerejwe mu Rwanda mu Ukwakira uyu mwaka.

Iri shyirahamwe ryateguye igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru ndetse bahitamo ko cyazabera mu Rwanda muri Gicurasi 2024 ku nshuro ya Mbere iri rushanwa rigiye gukinwa.

Tariki 12-14 Ukwakira 2022 hateganyijwe igikorwa cyo kuzafungura ku mugaragaro iki gikorwa ku rwego rw’Igihugu.

Abarimo Gatete Jimmy, Khalifou Fadiga wahoze ari kapiteni wa Sénégal, Patrick Mboma, Roger Milla, Anthony Baffoe bose bategerejwe i Kigali kuzafungura iki gikorwa ku mugaragaro.

Uretse imikino izaba, nyuma hazanabaho n’amahuriro agamije kwiga ku iterambere rirambye.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, mu kiganiro n’abanyamakuru kuri yavuze ko ari amahirwe adasanzwe ku Gihugu kandi hari icyo u Rwanda ruzungukira mu kwakira iyi mikino.

Ati” Ibi bigaragaza icyizere amahanga afitiye Igihugu cyacu. Icya Kabiri bizadufasha muri gahunda ya Visit Rwanda, kandi azaba ari umwanya wo kuganira ku iterambere mu rusange bitari umupira gusa”.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abahoze bakina umupira w’amaguru, Fred Siewe, yatangaje ko kuba baje mu Rwanda ari inzozi zibaye impamo.

Ati”Ni inzozi zibaye impamo. Twahisemo u Rwanda kuko ari igihugu cyiza gifite umutekano kandi cyakira abantu neza. Mu by’ukuri ni ahantu heza ho gutangirira.”

Biteganyijwe ko iki gikombe cy’Isi kizakinwa n’abahoze bakina umupira w’amaguru 150, baturutse mu bihugu birenga 40. Bazakina imikino 20 bagabanyije mu makipe umunani.

Gatete Jimmy agiye kugarurwa i Kigali n’Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho
Minisports, Ferwafa na FIFVE basobanuye aho Imyiteguro y’Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho igeze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?