BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Igikomangoma Emmanuel de Merode, Umubiligi arashinjwa gufasha M23

Igikomangoma Emmanuel de Merode, Umubiligi arashinjwa gufasha M23

admin
Last updated: November 19, 2022 1:59 pm
admin
Share
SHARE

Igikomangoma Emmanuel de Merode ukuriye ikigo cya ICCN gicunga Pariki mu ntara za Kivu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, arashinjwa gukorana bya hafi n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Igikomangoma Emmanuel de Merode arashinjwa gukorana na M23

Emmanuel de Merode, Umubiligi w’imyaka 50 ukuriye abarinzi barenga 800 ba pariki ya Virunga, yashyizwe mu majwi ko akorana bya hafi n’umutwe wa M23 ukomeje kuzengereza ubutegetsi bwa RD Congo.

Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo ushinzwe uburezi muri Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo yashinje ku mugaragaro Emmanuel de Merode guha ubufasha umutwe wa M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Yavuze ko uyu mubiligi atera inkunga y’amafaranga umutwe wa M23 ndetse akanacumbikira izi nyeshyamba aho atuye muri Rutshuru.

Imodoka za ICCN ngo n’izo zikoreshwa n’umutwe wa M23 ndetse ngo na Lisansi ikoreshwa igurwa na Emmanuel de Merode.

Ubwo imirwano ikomeye yadukaga i Kibumba, Emmanuel de Merode yaburiye abatuye Umujyi wa Goma ko uri hafi gufatwa na M23 ubwo yasabaga abaturage kugura amatoroshi ndetse no kubika ibiryo bihagije bizabatunga.

Yagize ati “Nk’uko mubizi ibintu byarushijeho kuba bibi uyu munsi kuwa Gatandatu , imirwano irabera muri Kibumba ndetse hari amakuru avuga ko Kibumba yamaze gufatwa n’umwanzi.”

Emmanuel de Merode amaze imyaka hafi 30 aba muri DR Congo, yavukiye muri Tunisia arererwa muri Kenya, ni igikomangoma cyo mu Bubiligi, ariko ntabwo ajya akoresha iryo zina n’icyubahiro cyo kuba ari igikomangoma.

Mu minsi ishize uyu mubiligi yakoranaga bya hafi n’ingabo za Leta, FARDC aho yazihaga ibyo kurya n’ubundi bufasha burimo kubaha amakuru.

Hari abahuje ibirego bya Minisitiri Nzangi Butondo kuri Emmanuel de Merode nk’inzira yo gushaka kumwerekeza muri gereza nk’iturufu iri gukoreshwa mu kwikiza abifuza ko haba ibiganiro hagati ya Leta n’umutwe wa M23.

Minisitiri Nzangi Butondo yashinje Igikomangoma Emmanuel de Merode gukorana na M23

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    November 19, 2022 at 8:04 pm

    Harya ubundi ubwo minisitiri w’uburezi iby’imirwano n’inkunga za gisirikari aba abigiyemo ate? Iki gihugu gifite akavuyo kweli kweli.

    Reply
  • Muhire says:
    November 23, 2022 at 2:01 pm

    Njye nibaza ibyo abayobozi ba congo biga cyangwa bize. bikanyobera. koko habuze numwe wakoresha amashuriye akagerekaho gushyira mugaciro? birababajepe. ntikenda kubavamo ndavuga akavuyonyine.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?