BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

admin
Last updated: August 8, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo mu Rwanda, Dr Ernest NSABIMANA yavuze ko Leta y’u Rwanda yazamuye ibiciro by’ibikomoka kuri petrol nyuma y’uko ku isoko mpuzamahanga naho ibiciro bikomeza kuzamuka, yasabye abacuruzi kutabyuririraho ngo bazamure ibiciro.

Ibiciro bishya by’ibikomoka kuri petrol biratangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere

Leta yatangaje ko ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere, aho litiro imwe ya lisansi (essence), yashyizwe kuri Frw 1 609 ivuye kuri Frw 1 460 mu mezi abiri ashize.

Kuri mazutu, litiro imwe ni Frw 1 607 bivuye kuri Frw 1 503.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, avuga ko Leta yashoyemo agera kuri miliyari 10Frw ya nkunganire kugira ibiciro bitazamuka cyane.

Yabwiye RBA ko ubundi igiciro cya litiro imwe ya essence cyari kuzamukaho Frw 307 naho mazutu ikazamukaho Frw 254, ariko kubera nkunganire essence yiyongereyeho Frw 149 mu gihe mazutu yiyongereyeho Frw 104.

Dr Ernest NSABIMANA yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri petrol byazamutse mu mezi abiri ashize.

Yavuze ko impamvu eshatu zazamuye ibiciro harimo intambara y’Uburusiya muri Ukraine, ikiguzi cy’umwikorezezi mu nyanja ndetse n’amafaranga y’ubwishingizi yazamutse.

Kubera iyo mpamvu ngo n’ubu ibiciro bizazamuka kubera umwuka w’intambara hagati y’Ubushinwa na Taiwan, gusa ariko ngo hari n’icyizere bishobora kumanuka igihe nta zindi mpamvu zazamo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko nta kibazo cy’ibikomoka kuri petrol gihari mu bubiko, kuko ngo ikomeza kugenda ibigenzura.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Karake Jeanine says:
    August 7, 2022 at 7:08 pm

    Dusabe Imana idutsindire abashyira imbere intambara! Ariko cyane cyane, ihoshe ibitutumba mu karere kacu, cyane cyane hagati y’Urwanda na Kongo. Irinde Urwanda.

    Reply

Leave a Reply to Karake Jeanine Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?