BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

admin
Last updated: August 8, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo mu Rwanda, Dr Ernest NSABIMANA yavuze ko Leta y’u Rwanda yazamuye ibiciro by’ibikomoka kuri petrol nyuma y’uko ku isoko mpuzamahanga naho ibiciro bikomeza kuzamuka, yasabye abacuruzi kutabyuririraho ngo bazamure ibiciro.

Ibiciro bishya by’ibikomoka kuri petrol biratangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere

Leta yatangaje ko ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere, aho litiro imwe ya lisansi (essence), yashyizwe kuri Frw 1 609 ivuye kuri Frw 1 460 mu mezi abiri ashize.

Kuri mazutu, litiro imwe ni Frw 1 607 bivuye kuri Frw 1 503.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, avuga ko Leta yashoyemo agera kuri miliyari 10Frw ya nkunganire kugira ibiciro bitazamuka cyane.

Yabwiye RBA ko ubundi igiciro cya litiro imwe ya essence cyari kuzamukaho Frw 307 naho mazutu ikazamukaho Frw 254, ariko kubera nkunganire essence yiyongereyeho Frw 149 mu gihe mazutu yiyongereyeho Frw 104.

Dr Ernest NSABIMANA yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri petrol byazamutse mu mezi abiri ashize.

Yavuze ko impamvu eshatu zazamuye ibiciro harimo intambara y’Uburusiya muri Ukraine, ikiguzi cy’umwikorezezi mu nyanja ndetse n’amafaranga y’ubwishingizi yazamutse.

Kubera iyo mpamvu ngo n’ubu ibiciro bizazamuka kubera umwuka w’intambara hagati y’Ubushinwa na Taiwan, gusa ariko ngo hari n’icyizere bishobora kumanuka igihe nta zindi mpamvu zazamo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko nta kibazo cy’ibikomoka kuri petrol gihari mu bubiko, kuko ngo ikomeza kugenda ibigenzura.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Karake Jeanine says:
    August 7, 2022 at 7:08 pm

    Dusabe Imana idutsindire abashyira imbere intambara! Ariko cyane cyane, ihoshe ibitutumba mu karere kacu, cyane cyane hagati y’Urwanda na Kongo. Irinde Urwanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?