BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

Igiciro cya litiro ya essence cyazamutseho Frw 149, naho matuzu yiyongereyeho Frw 104

admin
Last updated: August 8, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo mu Rwanda, Dr Ernest NSABIMANA yavuze ko Leta y’u Rwanda yazamuye ibiciro by’ibikomoka kuri petrol nyuma y’uko ku isoko mpuzamahanga naho ibiciro bikomeza kuzamuka, yasabye abacuruzi kutabyuririraho ngo bazamure ibiciro.

Ibiciro bishya by’ibikomoka kuri petrol biratangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere

Leta yatangaje ko ibiciro bishya bitangira kubahirizwa kuri uyu wa Mbere, aho litiro imwe ya lisansi (essence), yashyizwe kuri Frw 1 609 ivuye kuri Frw 1 460 mu mezi abiri ashize.

Kuri mazutu, litiro imwe ni Frw 1 607 bivuye kuri Frw 1 503.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, avuga ko Leta yashoyemo agera kuri miliyari 10Frw ya nkunganire kugira ibiciro bitazamuka cyane.

Yabwiye RBA ko ubundi igiciro cya litiro imwe ya essence cyari kuzamukaho Frw 307 naho mazutu ikazamukaho Frw 254, ariko kubera nkunganire essence yiyongereyeho Frw 149 mu gihe mazutu yiyongereyeho Frw 104.

Dr Ernest NSABIMANA yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri petrol byazamutse mu mezi abiri ashize.

Yavuze ko impamvu eshatu zazamuye ibiciro harimo intambara y’Uburusiya muri Ukraine, ikiguzi cy’umwikorezezi mu nyanja ndetse n’amafaranga y’ubwishingizi yazamutse.

Kubera iyo mpamvu ngo n’ubu ibiciro bizazamuka kubera umwuka w’intambara hagati y’Ubushinwa na Taiwan, gusa ariko ngo hari n’icyizere bishobora kumanuka igihe nta zindi mpamvu zazamo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko nta kibazo cy’ibikomoka kuri petrol gihari mu bubiko, kuko ngo ikomeza kugenda ibigenzura.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Karake Jeanine says:
    August 7, 2022 at 7:08 pm

    Dusabe Imana idutsindire abashyira imbere intambara! Ariko cyane cyane, ihoshe ibitutumba mu karere kacu, cyane cyane hagati y’Urwanda na Kongo. Irinde Urwanda.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Ubukungu

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubukungu

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

5 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?