BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Icyamamare mu muziki John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Icyamamare mu muziki John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

sam
Last updated: February 24, 2025 3:20 pm
sam
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare 2025, umuhanzi w’icyamamare John Legend n’itsinda bazanye mu Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi bunamira inzirakarengane zihashyinguye zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hamwe n’itsinda bari kumwe, aho ku Rwibutso basobanuriwe uko Jenoside yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa n’uburyo yahagaritswe.

Iryo tsinda ryagize amahirwe yo kumenya byinshi ku mpamvu n’ingaruka zatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’inkuru zidasanzwe zigaruka ku kwiyubaka nyuma ya Jenoside.

Uwo muhanzi w’icyamamare, John Legend ni umwe mu bazwi mu ruhando rwa muzika muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no ku Isi, ari i Kigali n’itsinda ryamuherekeje mu gitaramo cya Move Afrika gitegurwa n’Umuryango Global Citizen.

Legend yasusurukije abitabiriye igitaramo cya Move Afrika cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2025, cyateguwe n’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen; ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, (RDB).

John Legend yaririmbye indirimbo zirimo Start a Fire, No Other Love, Who do You Think We Are, ‘Love Me Now’,n’izindi by’umwihariko ‘All of Me’ iri mu zatumye arushaho kumenyekana hirya no hino ku Isi.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rihanna yahishuye ko atwite inda y’umwana wa gatatu

1 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye

2 Min Read
Imyidagaduro

Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo cya The Ben i Kampala

1 Min Read
Imyidagaduro

CNN yashinjwe guhindura amashusho ya Diddy akubita Cassie bahoze bakundana

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?