BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ibyamamare bikomeye bihataniye ibihembo bya “Karisimbi Ent Awards 2022”

Ibyamamare bikomeye bihataniye ibihembo bya “Karisimbi Ent Awards 2022”

admin
Last updated: November 23, 2022 12:01 pm
admin
Share
SHARE

Abahanzi Nyarwanda, abo mu Karere n’ibyamamare binyuranye bahataniye mu bihembo bya Karisimbi Entertainment Award 2022 & Fashion Show byateguwe na kompanyi ya Karisimbi Events.

The Ben na Diamond  bari mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza mu karere

Ni ibihembo bizatwangwa ku bazahiga abandi mu matora yatangiye gukorwa biciye ku rubuga rwa karisimbi events n’uburyo bw’akanyenyeri, aho abahanzi, abanyamakuru, ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga, ibiganiro kuri radiyo na televiziyo bazatoranywamo abazaba bahize abandi.

Umuyobozi wa Karisimbi Events, Mugisha Emmanuel yabwiye UMUSEKE ko bateguye ibi bihembo mu rwego rwo gushima akazi keza abantu baba bakoze, ndetse banamenyekanisha ibyo bakora ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Ibi bihembo ni mu rwego rwo gutera imbaraga abakora umwuga wabo, iyo bamaze kumenya ko hari abazirikana ibyo bakora bituma barushaho gushyiramo imbaraga ngo bakore neza, bibafasha kandi kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga.”

Akomeza agira ati “Kuko gutanga ibihembo nitibigarukira aho, abantu bamenya n’inde wahize abandi ?. Ikindi kandi bifasha bamwe bakizamuka gukora cyane kugirango ubutaha nabo bazabe mu bahatanye.”

Mugisha Emmanuel yibukije abahanzi ko bakwiye gucika ku muco yise “Ubujiji” wo kuvuga ko bahabwa ibihembo gusa kuko bigaragaza ko batazi icyo bashaka, aho yabibukije ko gutanga ibihembo atari amarushanwa kuko ariho abantu bahatanira amafaranga.

Uyu muyobozi wa Karisimbi Events yavuzeko ibigenderwaho mu gutoranya abahatana muri ibi bihemba ari bikorwa umuntu aba yarakoze, aho biyambaza abantu banyuranye mu guhitamo abahatana.

Abahataniye ibi bihembo muri aya matora bagera ku bantu 316, aho bari mu byiciro 50.

Ibyiciro birimo umuhanzi w’umwaka mu bagabo n’abagore, indirimbo y’umwaka, ikiganiro cy’umwaka cy’imikino, Televiziyo y’umwaka mu myidagaduro, umukinnyi mwiza wa filime, umunyamakurukazi mwiza wa siporo.

Icyiciro cy’umuhanzi mwiza mu karere harimo abahanzi nka Diamond, Zuchu, Azawi, Sheebah, Harmonize, Eddy Kenzo, Bruce Melody na The Ben.

Gutora bizarangira ku wa 20 Ukuboza 2022 mu gihe ibihembo bizatangwa ku wa 26 Ugushingo kuri ONOMO Hotel i Kigali.

Kuwa 27 Gashyantare 2022, Karisimbi Events nibwo yatanze ibihembo bya Consumers Choice Awards 2021 (CCA 2021), aho abarimo Davis D, Ndahiro Valens Papy, Yago, DJ Briane, Junior Giti, Bwiza  bahawe ibihembo mu byiciro binyuranye.

Shyigikira icyamamare ukunda unyuze hano https://watch.rw/voting/karisimbi-entertainment-award-2022-fashion-show?fbclid=IwAR1nDZqfkIs3ALZEntJB0mezDyYx5PQ3eevcfqETwv7fZktoF9Qf8317aLA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?