BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

admin
Last updated: August 13, 2022 11:03 am
admin
Share
SHARE

Umuryango ushinzwe kurengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 (IBUKA)  wagiriye inama  Past Kalisa Jean Marie Vianney uvuga ko yakorewe itoteza n’imvugo ikomeretsa na Past Budigiri kugana ubugenzacyaha (RIB) agatanga ikirego.

Past Kalisa Jean Marie Vianney avuga ko yashenguwe n’amagambo Past Budigiri Herman yamubwiye

Ubushize Pedezida wa IBUKA Nkuranga Egide yabwiye UMUSEKE ko  bagiye gukurikirana ikibazo cy’itoteza n’imvugo ikomeretsa bishinjwa Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Itorero ADEPR,  Past Budigiri Herman ko  yabwiye mugenzi we Past Kalisa Jean Marie Vianney wayirokotse.

Uwo munsi  Nkuranga Egide  yavuze ko  nta kopi bigeze babona Past Kalisa yabageneye.

Nkuranga avuga ko agiye gusaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa  IBUKA, Ahishakiye  Naftali  gukurikirana ibya Past Budigiri ushinjwa  iki cyaha.

Mu kiganiro Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa IBUKA Ahishakiye Naftali  yagiranye n’UMUSEKE avuga ko Past Kalisa Jean Marie Vianney wabwiwe amagambo akomeretsa ko agomba gutanga ikirego mu Bugenzacyaha kugira ngo arenganurwe.

Ati:“Biriya biri mu byaha nshinjabyaha bihanwa n’amategeko, kuva aho abwiriwe ayo magambo, Past Kalisa ntabwo yigeze atanga ikirego mu Bugenzacyaha, niba afite ibimenyetso namugira inama yo kuregera RIB.”

Ahishakiye yavuze ko Past Kalisa ari umuntu mukuru udakeneye ko urwego rumusimbura.

Ati: “Inzego z’Ubutabera mu Rwanda zirakora kandi twizera ko zizamurenganura.”

Uyu muyobozi avuga ko ubutabera aribwo buzagaragaza ukuri ko Past Kalisa yarenganijwe cyangwa ari ibinyoma.

Yavuze ko agomba kwitabaza IBUKA  cyangwa izindi nzego baramutse bamwimye serivisi yifuza.

Ati: “Kugeza ubu ntabwo yatubwira ngo tumwibukirize RIB, kubera ko atigeze abaregera atere intambwe atange ikirego.”

Past Kalisa Jean Marie Vianney warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda,  ashinja Past Budigiri Herman  ko  yabwiye  abakozi barenga 100 bari mu mahugurwa i Muhanga ko atigeze arokoka ndetse ko nta muntu wo mu Muryango we  wazize Jenoside.

Amagambo bamwe mu bitabiriye  ayo mahugurwa bemeza ko uyu mushumba yayavuze koko kandi byari saa saba z’amanywa, bongeraho ko  bamwe mu bari aho bahungabanye bakayabwira na Past Kalisa.

Past Budigiri Herman ushinjwa itoteza n’imvugo ikomeretsa  yahakaniye UMUSEKE ko atigeze avuga ayo magambo ko na we ayumvana abantu batandukanye.

Past Kalisa avuga ko yahisemo kwandikira Past Budigiri Herman agenera kopi inzego zitandukanye ashaka ko bikemuka mu nzira z’Ubumwe n’ubwiyunge.

Kalisa akavuga ko Past Budirigi ashinja itoteza n’imvugo ikomeretsa,  atasubije iyi baruwa mu nyandiko cyangwa akoresheje ubundi buryo, akavuga ko ari agasuzuguro akomeje kugaragaza kiyongera ku gahinda yamuteje.

UMUSEKE wamenye amakuru ko  uyu Past Kalisa Jean Marie Vianney  yiciwe abo mu muryango we batari bake, ndetse ko Umubyeyi we (Maman)  umubiri we utaraboneka kugeza ubu kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • MUPENDE ISAAC says:
    August 13, 2022 at 3:52 pm

    Mu madini baronda ubwoko cyane kandi kuva kera.Ikindi kandi,amadini yagize uruhare rukomeye muli genocide zabaye mu Rwanda guhera 1959.Urugero,ADEPR yatanze umusanzu wo gushinga Radio RTLM yicishije abatutsi.Idini ry’Abadive,muli Repubulika ya mbere,ryari rifite indirimbo yacaga kuli Radio Rwanda,yavugaga ngo Imana yatumye president Kayibanda gushinga ishyaka Parmehutu ngo rikure abahutu mu buja bw’abatutsi.Mu ntambara ya 1990-1994,amadini yose yasengeraga abasirikare ba Leta ngo batsinde uwo bitaga umwanzi FPR.

    Reply
    • janvier lion says:
      August 16, 2022 at 3:09 pm

      Njye iyo numvishe izo mvugo z’abayobozi b’amadini zirimo ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri bituma nibaza aho amadini aganisha abayoboke nayo, bererekana ko bashyize imbere inda nini aho kwigisha ijambo ry’Imana; Leta icungire amadini hafi atazagarura amacakubiri mu banyarwanda.

      Reply
  • Nsaguye Thomas says:
    August 15, 2022 at 2:52 am

    Nyamuneka murebe neza past. Budigiri atabirenganiramwo!! Past. Kalisa numwe mubantu bagiye mubihe bitandukanye bacamo ADPR ibice kugeza ubwo ikitwaga ururembo gikuweho hakajyaho intara nuturere, ikibyemeza nuko yahise ahabwa kuyobora intara yamajyepfo nawe yahise ashyiraho abayobozi buturere kd abo bayobozi buturere yashyizeho turabazi nubundi nikakazuke kamufashije kugera kuntegoze nabo bari bafatanyije muri uwo mushinga, sinibuka neza igihe yamaze ayobora iyo ntara yamajyepfo muri ADPR ariko imuricyo gihe amarira yabacristu amarira cyane cyane yabana bomuri compasions ntekerezako ntamuntu wo mumajyepfo utayazi nubwoyaba atari umwadpr, So murebe neza rero ataba ariya turufu bashaka kongera kurishisha kd urabonako RGB yari yashyizeho ubuyobozi bwiza bwamaze nogushyiraho umurongo uhamye, bagaruyeho ururembo nkukobyahoze uwakenera kumbaza nibindi ntavuze aha azambaze 0784137176

    Reply
  • Akamanzi says:
    August 16, 2022 at 6:02 pm

    Ariko nkawe wiyise Thamas ukanabeshya kumugaragaro kandi witwa Nyiramana Aloyisie ubwoko iyo wifara nawe ukongera ibinyoro mu bibembe ntasoni ugira?
    ubwo ntasoni Iyo ushyigira uriya mupagani ng Ni BUDIGIRI ubwo wumva wuzuyekoko?
    Gusanyine nuko na Kalisa nawe aribwa ntabyo azakurikirana nahubundi umupagani budigiri yakaba ye arimo kurya amasake (ivungure imageragere )
    Gusa ntazabura ibindi akoradore ko ahubuka nkavoka ibishye muzaba mwumva Muszabaze aho yayoboye hose muri za BPR uko yari yarabazengereje nibo babizi.
    yewe ntakigenda cy’iyi ngoma yose yayi NDAYIZEYE Isaii bose nibamwe gusa nango barashyigikiwe mama rero hazabanze havweho uriya mugore ibindi bizirangiza.

    Reply
    • Anonymous says:
      August 19, 2022 at 10:47 am

      winsetsa uti nka avoka ibishye, uhakana c arahakana byavuzwe ahari? abobose bemeza ko byavuzwe c bapfa iki? tugetumenya impamvu lmana yaduhaye amatwi2 ark ikaduha ururimi rumwe?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Umukozi ushinzwe ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali arafunzwe

2 Min Read
Ubutabera

Ubujurire bwa Kazungu Denis bwateshejwe agaciro

2 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?