BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibizamini byo gukorera impushya z’ibinyabiziga ntibizongera gutinda – Polisi

Ibizamini byo gukorera impushya z’ibinyabiziga ntibizongera gutinda – Polisi

admin
Last updated: December 4, 2022 4:59 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’Igihugu ivuga ko abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga, kuri ubu bitazongera kujya bibasaba gutegereza igihe kirekire, kugira ngo bakore ibizamini byo gutwara ibinyabiziga byaba iby’uruhushya rw’agateganyo hakoreshejwe impapuro, ndetse n’impushya za burundu.

Ibizamini byo gukorera impushya z’ibinyabiziga ngo ntibizongera gutinda (Photo Internet)

Polisi y’u Rwanda ivuga ko bibaye nyuma yo gufungura ibigo 16 bizajya bitangirwamo ibizamini byo gukorera impushya hirya no hino mu gihugu.

Ku wa Gatandatu tariki ya 3 Ukuboza, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yahaye impanuro Abapolisi boherejwe gukorera mu bigo byashyiriweho gukoresha ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Polisi ivuga ko ibi bigo bifunguwe mu rwego rwo kunoza serivisi zayo no kuzegereza abaturarwanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yagize ati: “Kwiyandikisha gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, rwaba urw’agateganyo hakoreshejwe mudasobwa cyangwa ku mpapuro ndetse, n’urwa burundu, kuri ubu byamaze gufungurwa, ibigo bigera kuri 16 byashyizwe hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo koroshya no gutuma iyi serivisi izakira abantu benshi biyandikisha.”

Yakomeje avuga ko Abapolisi bamaze koherezwa muri ibyo bigo bishya, ahazajya hatangirwa ibizamini byose byaba iby’uruhushya rwa burundu, n’urw’agateganyo kuri mudasobwa no ku mpapuro, kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatanu.

Polisi ivuga ko uzajya ashaka kwiyandikisha kugira ngo akorere uruhushya, rwaba urw’agateganyo n’urwa burundu anyuze ku Irembo azahitamo aho abona hamworoheye, cyangwa ikigo kimuri hafi.

Uburyo buhoraho bwo kwiyandikisha ku bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bwafunguwe ku wa Gatandatu tariki ya 03 Ukuboza, 2022.

Biteganyijwe ko aba mbere bazakoreshwa ikizamini ku itariki ya 12 Ukuboza, 2022.

Mu kwezi gushize, Polisi yafunguye ibigo 18 bizajya bikoresherezwamo ibizamini hifashishijwe mudasobwa, mu Turere dutandukanye bikora kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatandatu.

Kwiyandikisha no kwishyura bikorerwa kuri murandasi, unyuze ku rubuga rw’Irembo.

IVOMO: RNP Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?