BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibihembo byinshi birateganyijwe mu marushanwa Huawei izategurana na Leta y’u Rwanda

Ibihembo byinshi birateganyijwe mu marushanwa Huawei izategurana na Leta y’u Rwanda

admin
Last updated: November 1, 2022 2:33 pm
admin
Share
SHARE

Sosiyete Huawei izobereye mu by’Ikoranabuhanga ifite icyicaro i Shenzhen mu Bushinwa, ku bufatanye na Leta y’u Rwanda igiye gutangiza amarushanwa y’ikoranabuhanga muri Kaminuza zo mu Rwanda, afite intego yo kongerera abanyeshuri ubumenyi mu bijyanye n’imikorere ya za mudasobwa.

Yangshengwan uhagarariye Sosiyete Huawei mu Rwanda avuga ko aya marushanwa azaha amahirwe menshi urubyiruko ruzayajyamo

Abanyeshuri basaga 10,000 bo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, ni bo bateguriwe ayo marushanwa, agamije kubafasha kuzamura ubumenyi bwabo mu ikoreshwa rya mudasobwa mu rwego ruhanitse, muri porogaramu zirimo umutekano w’ibibikwa muri mudasobwa, ibijyanye n’ubwenge bukorano n’ibindi binyuranye.

Ayo marushanwa yahawe insanganyamatsiko ya “Connection, Glory, Future”, yatangiye mu 2015 afite intego yo guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi muri za kaminuza, amashuri makuru ndetse mu y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).

Ibyo kandi biri muri gahunda ya Huawei yo guteza imbere urwego rw’ikoranabuhanga mu mirimo inyuranye, aho abantu bahugurwa bityo bakazafasha za Leta kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu mirimo.

Umuyobozi wa Huawei mu Rwanda, Yangshengwan, yavuze ko ayo marushanwa azakorwa mu byiciro binyuranye birimo ku rwego rw’igihugu, urwa Afurika no ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Muri iyi gahunda, turashaka ko urubyiruko bazamo ari benshi, bakaba babonamo amahirwe menshi ashoboka, bikabagirira akamaro, imiryango yabo n’ibihugu byabo. Ndashishiksriza abanyeshuri kwitabira irushanwa ry’uyu mwaka, kuko abazatsinda bazafashwa kubona ho bakorera imenyerezamwuga ndetse bakaba bashobora kubona n’akazi.”

Ubwo habaga umuhango wo gutangaza ariya marushanwa ku mugaragaro ku cyicaro cya Huawei i Kigali

Abazahiga abandi muri ayo marushanwa bazahembwa ibikombe, telefone, mudasobwa, seritifika, ndetse hari n’abazafashwa gukora ingendoshuri mu nganda mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’ikoranabuhanga muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Gordon Kalema, yavuze ko iri rushanwa rizafasha mu guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga, bikagera no kuri sosiyete zikizamuka.

Ati “Kubaka ikoranabuhanga rihamye mu gihugu cyacu birasaba kugira abanyempano bafite ubushobozi bwo guhanga udushya. Ntabwo igihugu cyagera ku ntego zo kugira abahanga mu ikoranabuhanga hatari abanyempano n’abafatanyabikorwa nka Huawei.”

Amatariki y’amarushanwa azamenyeshwa abazitabira, ariko ukwezi ko ni muri Mutarama 2023. Abazitabira amarushanwa ni abanyeshuri biga muri Kaminuza n’Amashuri makuru ibijyanye n’Ikoranabuhanga (ICT courses).

Abazatsinda amarushanwa bazahabwa ibihembo

ISOOKO: Kigali Today

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?