BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibibazo by’Akarere byagarutsweho mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Touadara

Ibibazo by’Akarere byagarutsweho mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Touadara

admin
Last updated: October 27, 2022 9:11 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we, Faustin Archange Touadéra wa Central African Republic uri mu Rwanda mu rugendo rw’akazi, bagirana ibiganiro byibanze ku bibazo by’Akarere ibihugu birimo.

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we, Faustin Archange Touadéra wa Central African Republic uri mu Rwanda

Ibiganiro by’abo bakuru b’ibihugu byonbi byibanze ku kibazo cy’umutekano muri CentrAfrika, ubufanye mu bijyanye n’umutekano, imiyoborere ndetese  n’iterambere ry’ubukungu.

Perezida Faustin Archange Touadéra yavuze ko yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Ati “Ku mugoroba nahuye na Perezida Paul Kagame, na we twarebye amakuru ajyanye n’Akarere. Twembi twiyemeje gushyira imbaraga mu bufatanye mu ngeri zitandukanye zidufitiye inyungu.”

Perezida Touadéra yavuze ko u Rwanda n’igihugu cye bifitanye umubano ubyara inyungu, kuva yaba Umukuru w’Igihugu.

Kuri ubu u Rwanda na Centrafrica bibanye neza. Ingabo n’abapolisi bagiye muri iki gihugu mu butumwa bwo kuhagarura amahoro.

Ku wa 20 Ukuboza, 2020 nibwo abasirikare bo mu mutwe udasanzwe (Special Forces) berekeza i Bangui, haburaga igihe gito ngo muri iki gihugu habe amatora ya Perezida, gusa imitwe myinshi yitwaje intwaro yari yeguye intwaro ndetse intambara yasatiraga umurwa Mukuru, Bangui.

Yari irimo Coalition des Patriotes pour le Changement (CPC), ishyigiwe na François Bozizé, wayoboye Centrafrique kugeza mu 2013.

U Rwanda na Centrafrique byahise byemeranya kohereza izindi ngabo hagendewe ku masezerano bifitanye ubwabyo, zo kunganira Ingabo za Centrafrique (FACA).

Boherejwe mu buryo bwihariye, basangayo abandi basirikare n’abapolisi b’u Rwanda bo bagengwa n’Umuryango w’Abibumbye binyuze mu butumwa bwa MINUSCA.

 

Ishoramari rirakataje…

Muri 2019, u Rwanda na Centrafrique byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu ngeri eshatu zirimo umutekano, ubukungu ndetse n’ibijyanye n’amabuye y’agaciro.

N’ubwo Centrafrique idakora ku nyanja, ifite umutungo kamere urimo peteroli, amabuye y’agaciro nka uranium, zahabu ndetse na diyama, amazi magari akurwamo ingufu z’amashanyarazi.

Ibi byatumye muri Gicurasi 2022, Itsinda rigizwe n’Ubuyobozi bw’Urwego rw’Abikorera [PSF], n’abandi banyamuryango barwo barimo abacuruzi bagiriye uruzinduko i Maputo muri Mozambique, bavayo hemeranyijwe itangizwa rya Sosiyete yitwa Zambezia Holding Ltd, gihuriweho n’abashoramari bo mu Rwanda.

Centrafrique ni igihugu kinini giherereye hagati muri Afurika nk’uko izina ryacyo ribivuga. Gikubye u Rwanda inshuro zirenga 23 mu bunini, gifite abaturage bake bangana na miliyoni 4.7, munsi ya kimwe cya kabiri cy’abatuye u Rwanda. Ururimi kavukire rwabo rwitwa ‘Sango’. Ni igihugu gikoresha Igifaransa kubera ko cyakolonijwe n’u Bufaransa.

TUYISHIMIRE Raymond/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • mahoro jack says:
    October 28, 2022 at 2:21 pm

    “…barimo abacuruzi bagiriye uruzinduko i Maputo muri Mozambique, bavayo hemeranyijwe itangizwa rya Sosiyete yitwa Zambezia Holding Ltd…”. Harya ubu nk’ibi bihuriye he na Centrafrica koko???? Mujye mwirinda ubunebwe, ibi ni “copy paste” muba mwibereyemo!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?