BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Hashyizweho impapuro zo gufata Depite wibye telefoni ifite agaciro ka Frw 20,000

Hashyizweho impapuro zo gufata Depite wibye telefoni ifite agaciro ka Frw 20,000

admin
Last updated: July 30, 2022 3:23 am
admin
Share
SHARE

Hon Paul Nsubuga, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ukekwaho kwiba telefone ifite agaciro k’ibihumbi 80 by’amashilingi ya Uganda [ibihumbi 20 Frw], yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi.

Amashusho ya Camera agaragaza ko uyu mugabo yatwaye telefoni akayihisha mu kinyamakuru yarimo asoma

Iyi ntumwa ya rubanda ihagarariye agace ka Busiro mu Nteko ya Uganda, yashyiriweho impapurzo zo kumuta muri yombi nyuma y’uko yanze kwitaba urukiko ku wa Kane.

Uyu Mudepite wagombaga kwitaba Urukiko rwa Buganda, akurikiranyweho icyaha cyabaye mbere y’uko atorwa yibye telefone ifite agaciro k’ibihumbi 80 by’amashilingi ya Uganda.

Umucamanza w’uru rukiko rw’Ibanze, Sienna Owomugisha yategetse ko uyu Mudepite atabwa muri yombi nyuma yo gutesha agaciro inyandiko bivugwa ko ari izo kwa muganga zanditswe n’ibitaro bya AAR Hospital zigaragaza ko yahawe ikiruhuko cy’uburwayi cy’iminsi itatu kubera Malaria.

Inyandiko zatanzwe na Juliet Nampeera umwunganira mu mategeko, zatewe utwatsi n’Umushinjacyaha Judith Nyamiizi wavuze ko uyu Mudepite akomeje gutinza nkana uru rubanza kuko kuva yahamagazwa yakomeje gukinisha Urukiko kuko we n’umunyamategeko we bakomeje kwanga kwitaba.

Umushiniacyaha yavuze ko kuba uyu Mudepite yahamagazwa bwa mbere tariki 18 Werurwe 2021 yaba we n’umunyamategeko we batigeze bitaba Urukiko none aho umwe aziye, akaba yaje azanye icyo kinyoma.

Umucamanza yahise yimurira urubanza tariki 12 z’ukwezi gutaha kwa Kanama 2022.

Nangendo Gloria uvuga ko yibwe n’iyi ntumwa ya rubanda wamwibiye ku nyubako izwi nka Eseria iherereye ahitwa Nakasero mu Mujyi wa Kampala, yaje mu rukiko mu ntangiro z’uku kwezi gutanga ubuhamya bw’uko yibwe.

Uyu uvuga ko yibwe tariki 03 Kamena 2019 [Paul Nsubuga yari ataraba Umudepite] ubwo yazaga mu iduka rye akamubwira ko ashaka kugura telefone ya Nokia ubundi akarambika telefone ye nto ku meza, agahita ayibura.

Nangendo yavuze ko uyu Mudepite yari yazanye ikinyamakuru yifashishije mu guhisha iyo telefone yamwibye, ariko ko ubwo yari amaze kumutahura yahise yihutira kujya kubikuza Miliyoni 4,5 z’amashilingi yari ari kuri Mobile Money y’iyo telefone.

Amashusho yafashwe na camera z’umutekano zo muri iyo nyubako agaragaje ko uyu mudepite yifashishije icyo kinyamakuru ahisha iyo telefone yibye ndetse ko Umushinjacyaha azagaragaza ayo mashusho mu iburanisha ritaha.

Hon Paul Nsubuga, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ukekwaho kwiba telefone

IVOMO: Radio10

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?