BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Haruna Niyonzima yashinje ruswa umusifuzi mpuzamahanga

Haruna Niyonzima yashinje ruswa umusifuzi mpuzamahanga

admin
Last updated: August 24, 2022 11:23 am
admin
Share
SHARE

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, na AS Kigali, Haruna Niyonzima, yasabye umusifuzi mpuzamahanga, Mugabo Eric kureka kujya abogama abikoreshejwe n’ibyo yahawe.

Haruna Niyonzima ntiyemeranywa na Mugabo Eric kuri iyi penaliti

Tariki 15 Kanama 2022, ni bwo ikipe ya AS Kigali FC yegukanye igikombe cya Super Coupe nyuma yo gutsindira APR FC kuri penaliti.

Muri uyu mukino amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu minota 120, ariko mu minota 90 APR FC yabonye penaliti ku ikosa Haruna Niyonzima yakoreye Niyibizi Ramadhan, maze uwari umusifuzi wa Mbere wo ku ruhande, Mugabo Eric, amanika igitambaro avuga ko ari penaliti.

Iyi penaliti ya APR FC yatanzwe ku munota wa 27 nyuma y’umupira Ramadhan yari ahawe na Manishimwe Djabel, ariko Byiringiro Lague ayishyira mu biganza bya Ntwari Fiacre.

Ubwo Mugabo Eric usanzwe ari umusifuzi mpuzamahanga yatangaga iyi penaliti, Haruna yaramwegereye bagirana ikiganiro kirimo kumubwira ko itari penaliti ndetse mu magambo ye [Haruna] yabwiye uyu musifuzi ko bakwiye kujya bareka za ruswa barya bagasifura neza.

Yagize ati “Wasifuye nta kibazo ariko ntabwo ari yo.”

Uyu musifuzi yahise amusubiza ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Kandi ari njye ukoze umupira. Mujye mureka ibintu bya ruswa. What [….] Men.”

Umusifuzi arongera ati “Nonese wari uje kubaza iki?”

Haruna nawe ati “Mbaza kandi ubizi wowe. Wari uringaniye n’umurongo.”

Mu minsi ishize, perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier, yavuze ko kuba hari abasifuzi bashobora kuba barya ruswa atari uko ibyo bagenerwa ngo bajye gusifura ari bike ahubwo ari ubunyangamugayo buke bwabo.

Gusa uyu muyobozi yanavuze ko nka Ferwafa, bifuza gukomeza kuzamurira ubumenyi abasifuzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda kugira ngo umupira w’u Rwanda urusheho gutera imbere.

Habanje kubaho ikiganiro hagati ya Mugabo Eric na Haruna Niyonzima wavugaga ko atakoze ikosa rya penaliti

AMAFOTO: Rwandamagazine

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

2 Min Read
Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?