BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Haringingo Francis yasubije abibajije ku myambarire ye

Haringingo Francis yasubije abibajije ku myambarire ye

admin
Last updated: December 19, 2022 9:39 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Haringingo Francis Christian Mbaya, ahamya ko uko yari yambaye ku mukino yatsinzwe na APR FC abona nta kibazo biteye kuko ari ibigezweho.

Haringingo ahamya ko yari yambaye neza

Ku wa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2022, ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na mukeba, APR FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona.

Umutoza mukuru w’iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, Haringingo Francis yagaragaye yambaye ipantalo ntoya, ishati y’umweru n’ikoti.

Iyi myambarire y’uyu mutoza, benshi bayigarutseho ndetse ntibayivugaho rumwe aho bamwe bemeza ko yari yambaye neza kandi ibigezweho ariko abandi bakavuga ko ku myaka ye atari akwiye kuza yambaye imyenda imufashe nk’iy’abana.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’uyu mukino, Haringingo yavuze ko kuri we abona yari yambaye neza kandi iyo aje ku kibuga aba aje mu biro bye kandi agomba kuhaza yambaye neza.

Ati “Aha mba ndi mu biro byanjye. Uru ni urubanza mu zindi, nibaza ko akazi kanjye ngomba kukubaha. Kugaragaza neza ikipe yanjye ni ibyo twigishwa.”

Yongeyeho ati “Byose bijyana n’igihe. Ni imyambarire iba igezweho. Byose biterwa n’uko abantu babyumva.”

Undi mutoza uzwiho kwambara imyambarire yakunze kwibazwaho na benshi, ni Masudi Djuma watoje iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Imyambarire ya Haringingo yagarutsweho na benshi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Desire Bahati Kambale says:
    December 20, 2022 at 7:23 am

    Hhhh inkuguzi ziragwira.

    Reply
  • Rukundo says:
    December 20, 2022 at 2:48 pm

    Umurengwe wica nki nzara i Burundi ko iyo myambaririre atoza flamingo ko atayambaraga cash zo mu Rwanda zirabasaza atoza flamingo yahembwaga 150.000 fr burundais none rayon iramuhemba 4.000.000 fr rwandais Urunva atagomba gusara ? Niko bimeze yari aje azi ngo aratsinda apr ngo ayishongoreho biramucanga.murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?