BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubukungu > Hari impungenge z’ibura ry’umusaruro w’ejo hazaza ku mugabane w’Afurika

Hari impungenge z’ibura ry’umusaruro w’ejo hazaza ku mugabane w’Afurika

sam
Last updated: May 24, 2024 9:20 am
sam
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yagaragaje ko Umugane wa Afurika ukwiye gushyiraho ingamba zo kongera umusaruro waba uwo mu nganda, ubuhinzi n’ubworozi, serivisi n’ibindi kuko gukomeza gukoresha cyangwa kurya ibyo batasaruye bishobora kuzagira ingaruka zikomeye mu bihe biri imbere.

Yabibwiye abitabiriye inama ya 11 yiga ku Mutekano (National Security Symposium 2024), kuri uyu wa Gatanu ari nawo munsi wayo wa nyuma.

Minisitiri Ngabitsinze yagaragaje ko imbere aho Afurika igana hashobora kuzarangwa n’ibibazo bishingiye ku ibura ry’umusaruro.

Ati: “Aho turi kujya, ni ahantu tuzahura n’ibibazo byinshi kandi akenshi twibanda ku bibazo bituruka hanze. Ni gute twashyira imbaraga mu kwitegura ibishobora guturuka imbere mu gihugu? Ni gute twazatsinda ibyo byose? Igisubizo ni umusaruro, ikindi gisubizo ni umusaruro. Niba udasarura, ukaba urya, ni ikibazo.”

Minisitiri Ngabitsinze yavuze ko igiteye inkeke ari uko Umugabane wa Afurika ufite ibisabwa byose ngo ukemure ibibazo bishingiye ku ibura ry’umusaruro, mu gihe ugasanga ari wo uri inyuma mu kugira umusaruro.

Ati “Muri Afurika dufite abaturage, dufite urubyiruko, dufite umutungo kamere, dufite buri kimwe ariko muri Afurika, turi aba nyuma mu gutanga umusaruro.”

Ku munsi wanyuma w’inama, abayitabiriye bararebera hamwe ibirimo uburyo Afurika yakwigobotora ingaruka ziterwa n’ibibazo bikoma mu nkokora ubucuruzi birimo ibyorezo, intambara n’ibindi, uruhererekane mu bucuruzi ndetse n’imitego y’amadeni.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubukungu

Ibiciro byazamutseho 6,3% muri Gashyantare 2025

2 Min Read
Ubukungu

BNR yagumishije urwunguko rwayo kuri 6,5%

3 Min Read
Ubukungu

Ibiciro ku masoko yo mu Rwanda byazamutse ku kigero cya 7,4% muri Mutarama 2025

1 Min Read
Mu Rwanda

Ibiciro  ku masoko yo mu Rwanda byazamutse ku kigero cya 5% mu kwezi k’Ugushyingo 2024- NISR

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?